Kigali: Ruracyageretse hagati y’umunyamategeko w’Umunyarwanda n’Umunya-Pakistan

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 2 Ukuboza 2020, Kuri urukiko rw’ubujurire rwakomeje kuburanisha urubanza Me Mhayimana Isaie n’ikigo cya KHAAS Ltd gihagarariwe na Amjad Merchant Ali ukomoka muri Pakistani, ku mpamvu z’uko aba bombi bananiwe kumvikana ku bibazo byavuye ku masezerano y’ubukode bw’inzu bari bafitanye.

Impande zombi zaburanaga Ku nzizitizi zatanzwe n’uruhande rwa Mhayimana rusaba ko urukiko rutasubirishamo urubanza ku mpamvu z’akarengane kuko rutaciwe Ku rwego rwa nyuma .

Abunganira KHAAS LTD bavuga ko ingano y’agaciro k’ikiregerwa itagombaga kujuririrwa bwa kabiri. Abunganira Me Mhayimana bavuga ko Khass yajuriye mu gihe urukiko rutarafata umwanzuro , ikarenga igasaba perezida w’urukiko rw’ikirenga gusubirishamo urubanza Ku ku mpamvu z’akarengane.

Abunganira ikompanyi ya KHAAS LTD bavuga ko urubanza rwari rwabaye ko batari bemerewe kujurira. Nyuma barajuriye maze mu gihe urukiko rw’ubujurire rutari rwagafashe umwanzuro ku bujurire bwabo bongera gusaba gusubirishamo urubanza ku mpamvu z’akarengane.

Inkuru iheruka
Kigali: Ruracyageretse hagati y’umunyamategeko w’Umunyarwanda n’Umunya-Pakistan

Abunganira Me Mhayimana bavuga ko taliki ya 12.10.2020 aribwo ari bwo urubanza rwabaye ndakuka. Guhera icyo gihe ni bwo KHAAS LTD yagombaga gusaba gusubirishamo urubanza ku mpamvu z’akarengane kuko urukiko nibwo rwari rumaze gutanga umwanzuro ntakuka.

Abunganira Mhayimana bavuga ko iyo perezida w’urukiko rw’ikirenga abona impapuro z’ubujurire zatanzwe n’abunganira KHAAS LTD Atari atari gufata umwanzuro wo gusubirishamo urubanza ku mpamvu z’akarengane.

Uruhande rwa Me Mhayimana Isaie rugasaba ko ubusabe bwa KHAAS LTD bwo gusubirishamo urubanza ku mpamvu z’akarengane bwateshwa agaciro.

Inzitizi yo kutakira ikirego cya KHAAS LTD cyo gusubirishamo urubanza rwaciwe n’urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi ku mpamvu z’akarengane kubera ko yagitanze agifite izindi nzira zisanzwe z’Ubujurire . abunganira Me Mhayimana bavuga ko bakurikije ingingo 53 y’ itegeko ryerekeye ububasha bw’inkiko kubera ko inzira yakoresheje yemerwa gusa iyo nta yindi nzira y’ubujurire igishoboka yari yemerewe n’itegeko kandi ikaba yarazikoresheje ari zo bujurire bwa kabiri yakoze.

Impaka zikaba zabaye ku mpande zombi zashingiye ku mpamvu zo gusubirishamo urubanza bitewe n’impamvu z’akarengane byemerwa gusa iyo inzira zindi zo kujurira zarangiye. Ikindi ni uko habaye ibirego bibiri icyarimwe mu rukiko rumwe.

Muri uku kujya impaka hagati y’ababungunganira Me Mhayimana na KHAAS LTD bagiye impaka ku ngingo ya 15 Cpccsa ivuga ko inzira yakozwe mbere n’abunganira KHAASS LTD ari yo yemerwa. Naho abunganira Me Mhayimana bagasubiza ko iyi ngingo itarebwa n’imanza zisubirishwamo ku mpamvu z’akarengane kubera ko iyo yari inzira idasanzwe yemererwa umuburanyi wakoresheje inzira zose z’ubujurire zisanzwe n’izidasanzwe.

Aho bakomeje bavuga ko kuba KHAASS LTD yo yari igifite inzira yubujurire igatanga igarama igakora imyanzuro nuko ari uko yemeraga ko iyo nzira ihari kdi kandi koko yarazikoresheje ihagarara kuwa 12/19/2020, umwanditsi afashe icyemezo cyo kutandika ubwo bujurire bwa kabiri.

Abunganira KHAASS LTD bavuze ko bajuriye banga ko urubanza rurangizwa, abunganira Me Mhayimana bagasubiza ko ibyo bitemewe mu mategeko, bavuga ko ari ukwica itegeko urizi. Bakongeraho ko ikigomba kurebwa ari uko kuba yari asubirishijemo urubanza kubera akarengane inzira yemerwa iyo izindi zose zarangije ahubwo ko yasanze yibeshye noneho akajurira binumvikana ko ubwo yari ahisemo kureka ya nzira yari yafashe mbere akomeza ubujurire inzira isanzwe inemewe n’itegeko

Abunganira KHAASS LTD kandi bavuze ko Me Mhayimana yanditse ibaruwa yemeza ko urubanza rwabaye ntakuka, mu ibaruwa yavugaga ko urukiko rw’ubucuruzi rudafite uburenganzira bwo kongera kuburanisha uru rubanza bitewe n’uko ikiburanwa kidafite agaciro kari muri kangana cg karenze million 75 FRW.

Perezida w’inteko iburanisha yanzuye ko umwanzuro w’urukiko uzatangazwa taliki ya 24/12 uyu mwaka ku isaa tanu z’amanywa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *