Minani urwanya ubutegetsi bw’u Burundi arasaba bagenzi be kwitandukanya na UN

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, Minani Jeremie asaba bagenzi be bahuje umurongo kwitandukanya no guhagarika imikoranire n’Umuryango w’Abibumbye.

Minani yabitangaje kuri uyu wa 6 Ukuboza 2020 nyuma y’umunsi umwe uyu muryango ufashe icyemezo cyo gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu birangwamo umutekano muke.

Yavuze ko UN n’Umunyamabanga Mukuru wayo, Antonio Guterres bagambaniye abaturage b’u Burundi, ikaba ari yo mpamvu bakwiriye kwitandukanya nayo. Ati: “Antonio Guterres na UN bagambaniye, banatererana Abarundi. Abarwanya ubutegetsi bw’u Burundi tugomba guhagarika imikoranire na UN.”

Minani yongeyeho kandi ko we na bagenzi be bahuje politiki bakwiriye guhuza imbaraga, bakarwanya ubutegetsi bavuga ko : “Bufashe igihugu nk’imbohe.” Ati: “Igihe cyatakaye muri dipolomasi kirahagije.”

Tariki ya 5 Ukuboza 2020 ni bwo Akanama ka UN gashinzwe umutekano katakaje ko u Burundi bukuwe rutonde rw’ibihugu bikwiriye kwigwaho byihariye, bitewe n’uko bwateye intambwe igaragara mu mutekano, iki cyemezo cyishimirwa n’abarimo Perezida Ndayishimiye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *