Kuri uyu wa 7 Ukuboza 2020 ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yabayemo akaduruvayo katewe n’abadepite b’ihuriro mpuzamashyaka rya CACH rya Perezida Félix Tshisekedi.
Byahereye hanze y’iyi ngoro, aho abarwanashyaka b’amashyaka ya UDPS rya Perezida Félix Tshisekedi na PPRD rya Joseph Kabila babanje guteza akavuyo hanze; biganjemo abari bafite moto, ndetse bivugwa ko harimo n’abari bafite inkoni.
Akavuyo kahereye hanze y’ingoro

Ubwo byageraga imbere mu Nteko, hagaragaye bamwe mu bagize ihuriro rya CACH n’abandi babashyigikiye, bangiza bimwe mu bikoresho biri imbere. Mu Nteko kandi, humvikanyemo urusaku rwinshi rwatewe n’aba badepite bavuye mu byicaro byabo.
Imbere mu ngoro y’Inteko
Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo muri RDC, avuga ko impamvu aba badepite bateje aka kavuyo, ari uko batashakaga ko imirimo y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kubera muri iyi ngoro kuri uyu wa 7 Ukuboza yakomeza.
Kutifuza ko ikomeza bijyanye no kwigumura kuri Perezidante w’Inteko, Jeannine Mabunda ubarizwa muri FCC. Uyu haherutse kuba itora rifite intego yo kumweguza cyangwa kumugumisha kuri iyi ntebe, abemeza ko agumaho biganza mu majwi arenga 300 muri 500 y’abasanzwe bagize Inteko.
Aka kavuyo kandi kabaye hashize amasaha make Perezida Tshisekedi atangaje ko agiye gusesa amasezerano y’imikoranire hagati y’ihuriro rye (CACH) na FCC rya Joseph Kabila, igikorwa kizavamo gusesa Guverinoma n’Inteko Ishinga Amatege. Bikekwa ko yaba mu mpamvu nyamukuru yatumye abayoboke ba UDPS bateza akavuyo.



2 Responses
Akaduruvayo mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC
ni baryane nababwira iki kwaribisambo byose kongo nawe warakubititse uko nyama ya tembo kabisa
Akaduruvayo mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC
ni baryane nababwira iki kwaribisambo byose kongo nawe warakubititse uko nyama ya tembo kabisa