Nyuma y’akavuyo kabaye ejo ku wa 7 Ukuboza 2020 mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, gatewe n’abayoboke b’ihuriro mpuzamashyaka rya CACH, uyu munsi noneho barwanye mu buryo buteye impungenge.
Mu minota mike ishize, umunyamakuru Stanis Bujakera wa Actualité, washyize ahagaragara videwo y’aba badepite bari kurwana, yagize ati: “Imirwano iri kuba muri Palais du Peuple hagati y’abashyigikiye Tshisekedi n’abashyigikiye Kabila.”
Stanis mu makuru avuga ko akesha umwe mu badepite, ngo yamubwiye ko : “Hari abakomeretse” yongeraho ko: “Polisi nidatabara, bamwe bashobora gupfa.”
Nk’uko byumvikana muri iyi videwo, mu Nteko ya RDC harimo urusaku rwinshi rwatewe n’ubushyamirane hagati y’impande zombi.
Mu mashusho ho hagaragara abadepite benshi; bamwe bari muri etaje (etage) yo hejuru, abari mu yo hasi ndetse n’abandi bari ku ngazi.
Indi videwo y’amasegonda 19 igaragaza aba badepite bo hasi n’abari ku ngazi baterana ibikoresho byo muri iyi ngoro, birimo indobo, ibice by’intebe n’indi bikomeretsa. Uko umwe yateraga abo bahanganye, ni ko yahungaga mu buryo bwo gukiza ubuzima bwe.

Amakuru mashya ahari, avuga ko Komiseri Mukuru wa Polisi ya RDC n’abandi bapolisi bamaze kugera mu Nteko Ishinga Amategeko kugira ngo bagarure umutekano.

Minisiteri Ishinzwe Imirimo Rusange kandi yahise yirukana ku mirimo Umunyamabanga Mukuru w’Inteko Ishinga Amategeko, Jean Nguvulu Khoji, azira gutumiza aba badepite ngo bakore inama.
Ibiri kuba byose ni ingaruka zo kutemeranya ku miyoborere ya Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko, Jeannine Mabunda n’icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo ku wa 6 Ukuboza 2020 giteguza iseswa ry’amasezerano hagati y’ihuriro rya CACH rye na FCC rya Joseph Kabila.


