Russia: Babujijwe kunywa inzoga mu minsi 42 nyuma yo gufata urukingo rwa Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe wungirije w’u Burusiya, Tatiana Galikova, yabujije abaturage kunywa inzoga mu minsi 42, nyuma yo guhabwa urukingo cy’icyorezo cya Covid-19.

Ni mu gihe iki gihugu cyemeje ko cyavumbuye urukingo rw’iki cyorezo rwitwa Spunik V cyitegura gutangira kuruha abaturage mu buryo bwa rusange.

Tatiana Galikova ati: “Bagomba kwirinda kujya ahahurira abantu benshi, bakambara udupfukamunwa, bagakoresha imiti yica udukoko, bakirinda kwegerana, bakirinda inzoga n’ibiyobyabwenge.”

Nk’uko New York Post yabitangaje, Anna Popova uyoboye ikigo cya Pospotrebnadzor gishinzwe imibereho y’abaturage yunze mu rya Galikova, avuga ati: “Niba dushaka kugira ubuzima buzira umuze, utajegajezwa, tugomba kwirinda kunywa ibisindisha.”

Abasesenguzi bavuga ko bishobora kugora Abarusiya kumara iyi minsi yose badasoma ku nzoga, mu gihe baza mu myanya y’imbere ku Isi mu bazikunda. Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) washyize iki gihugu ku mwanya wa kane, aho byibuze buri muturage anyway litiro 15.1 ku mwaka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *