Umwe mu bayoboye Repubulika y’u Burundi igihe kirekire uherutse gukatirwa igifungo cya burundu, Pierre Buyoya, yapfuye azize urupfu bikekwa ko rwatewe n’icyorezo cya Covid-19.
Inkuru y’urupfu rwa Buyoya yemejwe na Radio Ijwi rya Amerika
Ni nyuma y’ibyumweru bitatu bishize yeguye ku nshingano zo kuba Intumwa Yihariye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Karere ka Sahel no muri Mali, yari amazeho imyaka umunani.
Buyoya yegura kuri izi nshingano, yavuze ko agiye guhangana n’ubutabera bw’u Burundi bwamukatiye iki gifungo tariki ya 20 Ukwakira 2020, bumaze kumuhamya uruhare mu rupfu rwa Melchior Ndadaye na we wayoboye u Burundi, icyo gihe yavugaga ko bwamuhamije icyaha atigeze akora.
Pierre Buyoya yabaye Perezida w’u Burundi kuva mu 1987 kugeza mu 1993, no kuva mu 1996 kugeza mu 2003. Apfuye afite imyaka 71 y’amavuko.



6 Responses
Pierre Buyoya wayoboye u Burundi imyaka igera kuri 13, yapfuye
Bimaze iki kwica abandi kandi amaherezo yacu natwe ari ugupfa!!
Pierre Buyoya wayoboye u Burundi imyaka igera kuri 13, yapfuye
Bimaze iki kwica abandi kandi amaherezo yacu natwe ari ugupfa!!
Pierre Buyoya wayoboye u Burundi imyaka igera kuri 13, yapfuye
Ubwo rero Leta Y’Uburundi irabyinira kurukoma kuko nubundi yari yamukatiye, ariko nta muntu uzumira kuri iyi si twese turabagenzi, uwo rudatwaye uyu munsi ejo nawe azaramukirwa. mwirirwe
Pierre Buyoya wayoboye u Burundi imyaka igera kuri 13, yapfuye
Ubwo rero Leta Y’Uburundi irabyinira kurukoma kuko nubundi yari yamukatiye, ariko nta muntu uzumira kuri iyi si twese turabagenzi, uwo rudatwaye uyu munsi ejo nawe azaramukirwa. mwirirwe
Pierre Buyoya wayoboye u Burundi imyaka igera kuri 13, yapfuye
GITIMUJISHO ATI : ”BAHUNGA IBIRIYO BAGAKUNDA IBIRORI EJO BAKISANGAYO”
Pierre Buyoya wayoboye u Burundi imyaka igera kuri 13, yapfuye
GITIMUJISHO ATI : ”BAHUNGA IBIRIYO BAGAKUNDA IBIRORI EJO BAKISANGAYO”