Leta zunze ubumwe za Amerika zahaye Leta ya Uganda na Kenya inkunga ihwanye n’amadorali ya Amerika miliyoni 86.9, yo kugura indege 10 zo mu bwoko bwa Kajugujugu z’intambara.
Ibihugu Uganda hamwe na Kenya bikaba byagenewe iyi nkunga, mu rwego rwo kugirango bikomeze bizamure imbaraga mu gisirikare ndetse no gukaza umutekano muri aka karere.
Bell Helicopter, kompani icuruza indege izahabwa miliyoni 52.1 USD y’indege 5 zizahabwa Uganda, na miliyoni 34.5 USD y’indege 5 za Kenya.
Izi ndege imwe itwara abantu 15, zikaba zigera kure mu kirere kandi ngo zikaba zifite ikoranabuhanga nk’uko bitangazwa na Chimpreports dukesha iyi nkuru.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com


