Umuryango wa Pierre Buyoya wayoboye Repubulika y’u Burundi, kuri uyu wa 19 Ukuboza 2020 watangaje ko umurambo we uzashyingurwa muri Mali.
Mali ni ho Pierre Buyoya n’umuryango we bari bamaze imyaka igera ku 8 baba, aho yagiyeyo amaze guhabwa inshingano yo kuba Intumwa Yihariye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) muri iki gihugu no mu karere ka Sahel.
Uyu muryango ntabwo watangaje igihe Buyoya azashyingurirwa, gusa ngo itangazo ribimenyesha rirasohoka vuba.
Pierre Buyoya yapfuye tariki ya 17 Ukuboza 2020, ubwo indege yamujyanaga mu Bufaransa kugira ngo avurirweyo, bigakekwa ko yari arwaye icyorezo cya Covid-19.
Yabaye Perezida w’u Burundi kuva mu 1987 kugeza mu 1993 no kuva mu 1996 kugeza mu 2003.


