Ikipe ya Musanze FC yatangaje ko hari abakinnyi bayo 10 banduye icyorezo cya COVID-19, nyuma y’ibipimo byafashwe mu cyumweru gishize.
Ni amakuru yemejwe n’Umunyamabanga w’iyi kipe, Rutishereka Makuza Jean, mu kiganiro yagiranye na BWIZA.
Yagize ati: “Nibyo kugeza ubu mu bari bapimwe kuwa kane ibisubizo byaje zigaragaza ko icumi muri bo banduye.”
Rutishereka yagaragaje ko ubwiyongere bw’ubwandu bwa Covid-19 mu karere ka Musanze buri mu byatumye kiriya cyorezo kinagera mu kipe ya Musanze FC.
Ati: “Icyatumye ubwandu bugera muri iyi kipe, si ikindi uretse kwiyongera k’ubwandu muri Musanze. N’ubwo twagiye dufata ingamba zinyuranye ariko iki cyorezo cyafashe indi ntera mu Karere kacu ari nacyo cyatumye amasaha agaruka kuri saa moya za n’ijoro ariko bijya gutangira byabanjirije ku mukinnyi witwa HABINEZA Is’haq, tumushyira mu kato, tunamwitaho. Bariya bandi icumi, ni nyuma y’uko Ferwafa ifashe icyemezo rusange cyo guhagarika championnat aribwo bapimwe tubasangamo Covid 19.”
Umunyamabanga wa Musanze FC abajijwe ikigiye gukorwa mu rwego rwo gukumira ubwandu bushya, yavuze ko “Muganga ushinzwe ibya Covid-19 mu Karere, azongera gufata ibindi bipimo kuri bariya batanduye mu gihe tuzaba dukurikirana bariya banduye.”


