Abasirikare batatu b’u Burundi bishwe abandi babiri bagakomereka, ubwo bagabwagaho ibitero muri Repububulika ya Centrafrique aho bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro.
Bariya basirikare b’u Burundi biciwe mu Ntara ya Dékoa aho bagabiweho igitero.
Ibitero byibasira ingabo za Repububulika ya Centrafrique n’iz’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro (MINUSCA) zirimo n’iz’u Rwanda, bikomeje kugabwa mu gace ka Dékoa ho mu Ntara ya Kémo, ndetse n’aka Bakouma ko mu Ntara ya Mbomou bikozwe n’inyeshyamba zishyigikiye uwari Perezida wa kiriya gihugu, François Bozizé.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yamaganye biriya bitero, yihanganisha imiryango y’ababiburiyemo ababo ndetse anifuriza abakomeretse gukira vuba.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni yavuze ko ibitero byibasira Ingabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro bifatwa nk’ibyaha by’intambara; asaba abategetsi ba Repububulika ya Centrafrique gukora iperereza no kugeza imbere y’ubutabera abari inyuma ya biriya bitero.
Yavuze ko Loni igifite umuhate wo gufatanya n’amahanga mu rugamba rwo gufasha Centrafrique kongera kubona amahoro n’umutekano.


