Mu gihugu cy’u Budage hapfuye abantu basaga 1,000 mu munsi umwe bazize icyorezo cya Covid-19, akaba ari inshuro ya mbere ibi bibaye kuva iki cyorezo cyaduka nk’uko imibare y’ikigo Robert Koch (RKI) yatangajwe kuri uyu wa Gatatu ivuga.
Iyi nkuru dukesha La Libre Belgique ivuga ko abantu 1,129 bapfuye mu munsi umwe, abagera ku 22,459 bakandura.
Muri rusange, abantu 32,107 bamaze guhitanwa na Covid-19 mu Budage kuva icyorezo cyahagera. RKI yari yatangaje ko imibare yo mu minsi ya nyuma itari yuzuye kubera ko abashinzwe ubuvuzi mu turere batari babashije kohereza imibare kubera iminsi mikuru ya Noheli.
Kubera izi mpamvu, imibare y’abanduye n’abapfuye yasaga nk’iyagabanyutse muri weekend ishize.
Igihugu cy’u Budage cyari cyabashije kwihagararaho kuri iki cyorezo mu itumba, cyahungabanyijwe bikomeye mu cyiciro cya kabiri cya Covid-19 ndetse cyongera gusubizaho amabwiriza ya Guma mu rugo igice kimwe kuzageza byibuze ku itariki 10 Mutarama.
Ku Cyumweru gishize iki gihugu kikaba cyaratangije ibikorwa byo gukingira nk’ibindi bihugu bitandukanye byo mu Burayi. Abaturage bari mu bigo byita ku bagiye mu zabukuru, abageze mu myaka 80 n’abakora mu buvuzi nibo bahereweho bahabwa urukingo rwa Pfizer-BioNTech.


