V. Aboubakar yafashije Caméroun gutangira CAN 2021 itsinda Burkina Faso, Ethiopie itsindwa na Cap-Vert

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu ya Caméroun (Les Lions Indomptables) yatangiye neza imikino y’Igikombe cya Afurika cy’ibihugu cya 2021, nyuma yo gutsinda Les Etalons ya Burkina Faso ibitego 2-1.

Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino ufungura iri rushanwa wabereye kuri Stade ya Omnisport Paul Biya iherereye mu gace ka Olembé i Yaoundé.

Ibitego byombi byo mu gice cya mbere cy’umukino byinjiye kuri penaliti bitsinzwe na Kapiteni Vincent Aboubakar ni byo byafashije Caméroun kwegukana amanota atatu ya mbere mu gikombe cya Afurika kiri kubera ku butaka bwayo.

Ni umukino Caméroun yari yihariye mu bijyanye no guhanahana umupira, gusa kumena ubwugarizi bwa Burkina Faso bikaba ikibazo.

Iyi Burkina Faso yagiye ibona uburyo bwinshi bw’ibitego ariko ntiyoroherwe n’umunyezamu André Onana, ni yo yari yabanje gufungura amazamu ku gitego cyo ku munota wa 26 w’umukino cyatsinzwe na Gustavo Sangaré.

Caméroun kuri ubu iyoboye itsinda rya mbere n’amanota atatu inganya n’Ikipe y’Igihugu ya Cap-Vert.

Iyi Cap-Vert yo yabonye amanota atatu ya mbere nyuma yo gutsinda Ethiopie igitego 1-0 kinjiye mu mpera z’igice cya mbere cy’umukino gitsinzwe na Júlio Tavares.

Ethiopie yakinnye uyu mukino hafi ya wose ifite abakinnyi 10 mu kibuga bonyine, nyuma y’ikarita itukura yeretswe myugariro Yared Bayeh Belay ku munota wa 12 w’umukino.

Imikino y’Igikombe cya Afurika irakomeza kuri uyu wa Mbere hakinwa iyo mu tsinda rya Kabiri. Mu mikino iteganyijwe harimo uwa Sénégal ihura na Zimbabwe saa cyenda z’igicamunsi, mu gihe saa kumi n’ebyiri z’umugoroba Guinée-Conakry yisobanura na Malawi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *