Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Burusiya zakubise incuro inyeshyamba zo muri CAR

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (CAR), ku bufatanye n’iz’u Burusiya n’izindi z’Umuryango w’Abibumbye, zishe abarwanyi 8 bo mu ihuriro CPC ry’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi.

Aya makuru yemejwe n’igitangazamakuru cy’igihugu (RBA) mu ijoro ryo kuri uyu wa 2 Mutarama 2021.

RBA yatangaje ko izi ngabo z’u Rwanda, iz’ u Burusiya n’iza UN muri rusange, ziciye aba barwanyi mu mujyi wa Damara uvukamo Perezida wa CAR, Faustin Touadera, aho bari bagiye kugaba igitero. Uyu mujyi uri mu bilometero 80 werekeza mu murwa mukuru, Bangui.

Ngo usibye n’aba barwanyi bapfuye, izi ngabo zafashe mpiri n’abandi babiri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *