Covid-19 yishe abandi batatu, 109 banduye

Minisiteri yâUbuzima imaze gutangaza ko abandi Banyarwanda batatu (3) bishwe nâicyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 3 Mutarama 2021, umubare wâabamaze gupfa muri rusange ugera ku 101. Ni abagabo babiri b’imyaka 75 na 61 bapfiriye mu Mujyi wa Kigali n’undi w’imyaka 51 wapfiriye mu Karere ka Huye. Abanduye ni 109 barimo 64 babonetse muri Kigali, […]
Rutahizamu Jimoh wo muri Nigeria yaba yamaze gutandukana na Rayon Sports nyuma yâigihe gito basinye amasezerano
Hari amakuru avuga ko Rutahizamu ukomoka muri Nigeria, Sunday Oni Jimoh uherutse gusinyana na Rayon Sports kuyikinira imyaka ibiri, yamaze gutandukana nâiyi kipe ku mpamvu zitarajya ahagaragara. Aya makuru yatangajwe nâumunyamakuru Rugangura Axel wâikigo cyâigihugu cyâitangazamakuru (RBA) kuri uyu wa 3 Mutarama 2021 abicishije ku rubuga rwa Instagram. Uyu munyamakuru mu masaha atandatu ashize, yatangaje […]
Amwe mu mafoto yâindobanure yâigisirikare cya Uganda

Igisirikare cya Uganda cyitwa UPDF (Uganda Peopleâs Defense Force) kuva mu 1995 ubwo cyahabwaga iri zina gikomotse ku mutwe wâingabo NRA (National Resistance Army) wafashe ubutegetsi mu 1986, uyobowe na Gen. Yoweri Museveni. Kugeza icyo gihe kugeza ubu, UPDF yarubatswe mu buryo bukomeye nkâuko byemezwa na bamwe mu basirikare bakuru, barangajwe imbere nâumuhungu wa Perezida […]
Nimwigishirize munsi yâibiti, nta gihugu cyubatse amashuri muri Covid-19_Ushinzwe uburezi muri Kenya
Umunyamabanga muri Guverinoma ya Kenya ushinzwe uburezi, Prof. George Magoha tariki ya 31 Ukuboza 2020 yasabye abarimu gukora udushya, bakigishiriza munsi yâibiti, kuko ngo nta gihugu cyigeze cyubaka ibyumba byâamashuri bishya bitewe nâicyorezo cya Covid-19. Magoha yabitangaje ubwo yasuraga ishuri rya Mjini Primary School riherereye mu gace ka Murangâa, mbere yâuko amasomo asubukurwa kuri uyu […]
Indirimbo Gen. Kainerugaba akunda yatumye yibasirwa
Nyuma yâiminota mike umuhungu wa Perezida Museveni, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba ahishuye indirimbo akunda, bamwe mu bamukurikira ku rubuga rwa Twitter batangiye kumwibasira. Gen. Kainerugaba yifashishije uru rubuga rukoranya imbaga, yagize ati: âIndirimbo nkunda: Master KG-Yerusalema [Feat. Nomcebo] (Official Music Video)â arangije ashyiraho âlinkâ yayo yo kuri YouTube. Bamwe mu babonye ubu butumwa (tweet) bwa […]
Ingabo za RDC zishe abarwanyi 14 ba ADF barimo Abarabu
Ingabo za RDC kuri uyu wa 2 Mutarama 2021 zatangaje ko zishe abarwanyi 14 bâumutwe witwaje intwaro wa ADF barimo Abarabu babiri. Ni mu mirwano yabereye mu gace ka Loselose muri Teritwari ya Beni mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru, tariki ya 1 Mutarama 2021 nkâuko byemejwe nâUmuvugizi wa Operasiyo Sokola 1 igamije guhashya inyeshyamba, Lt. […]
MIFOTRA yibukije Abaturarwanda ko ejo ari ikiruhuko
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) kuri uyu wa 3 Mutarama 2021 yasubije abakoresha urubuga rwa Twitter ko ejo tariki ya 4 Mutarama ari ikiruhuko. Ni nyuma y’aho bamwe mu bakoresha uru rubuga bayibajije niba koko hari ikiruhuko (conge) giteganyijwe kuri uwo munsi. MIFOTRA yasubije iti: “Hashingiwe ku Iteka rya Perezida No 54/01 ryo ku […]
Centrafrique: Ingabo z’u Rwanda ni zo zatabaye iz’u Burundi zatewe n’inyeshyamba
Mu gitondo cy’itariki ya 26 Ukuboza mu mwaka ushize, ni bwo Ingabo z’u Burundi n’iza Repubulika ya Centrafrique bari hamwe mu gace ka DĂ©koa ho mu ntara ya Kemo, zagabweho igitero gikomeye n’inyeshyamba. Ni igitero cyagabwe n’imitwe y’inyeshyamba ishyigikiye uwahoze ari Perezida wa Repubulika ya Centrafrique, François BozizĂ©, mbere y’amasaha make ngo muri kiriya gihugu […]
Rusizi: Babiri batawe muri yombi bakekwaho guhimba ibyangombwa byo gutwara ibinyabiziga

Polisi yâIgihugu ikorera mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 2 Mutarama 2021, yashyikirije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) abagabo 2; umwe usanzwe ari umushoferi ariko utari ufite imodoka atwara muri iyi minsi nâundi ucuruza ibirimo papeteri ( papeterie), bakurikiranyweho guhimba ibyangombwa byo gutwara ibinyabiziga. Umushoferi ni Ibyimanabirizana Eliab wâimyaka 41, naho ucuruza papeteri (papeterie) ni […]
APR FC irasaba Rusheshangoga kwisubira ku cyemezo cyo gusezera ku mupira w’amaguru
Umuyobozi wungirije wa APR FC, Maj. Gen. Mubarakh Muganga yasabye Rusheshangoga Michel wakiniye iyi kipe igihe kirekire, kwisubira ku cyemezo aherutse gufata cyo gusezera ku mupira w’amaguru.) Uyu muyobozi avuga ko bitewe n’uruhare Rusheshangoga yagize mu iterambere ry’umupira w’amaguru, no kuba yari akiri muto mu myaka, yafashe iki cyemezo yihuse kuko ngo “yari agikenewe.” Gen. […]
Museveni yihanangirije abafite umugambi wo kwiba amatora
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, mu ijambo risoza umwaka yagejeje ku Bagande tariki ya 31 Ukuboza 2020 yihanangirije abantu avuga ko bafite umugambi wo kwiba amatora yâUmukuru wâIgihugu ateganyijwe muri uku kwezi kwa Mutarama 2021. Nkâuko tubikesha Daily Monitor, uyu Mukuru wâIgihugu yavuze ko muri aba bantu harimo nâabakozi ba Komisiyo yâIgihugu yâAmatora (EC), […]
Indi kajugujugu yâingabo za RDC yahanutse, abarimo bose barapfa
Nyuma yâigihe kitagera ku cyumweru indege ya kugujugu yâigisirikare cya RDC ihanutse, hari indi yahanutse, abarimo bose uko ari 8 bahasiga ubuzima. Ni amakuru umwe mu basirikare ba RDC yahamirije igitangazamakuru Politico.cd kuri uyu wa 2 Mutarama 2021, aho avuga ko iyi kajugujugu ya kabiri yari itwaye itsinda ryâabari bagiye gutabara abakomerekeye mu mpanuka yâiya […]
Impuguke za UN zongeye gushinja ingabo zâu Rwanda kujya kurwanira muri RDC
Akanama kâUmuryango wâAbibumbye (UN) gashinzwe umutekano, tariki ya 23 Ukuboza 2020 kasohoye raporo nshya ishinja ingabo zâu Rwanda RDF kujya kurwanira ku butaka bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Muri iyi raporo yâimpapuro 205 ivuga ku bibazo byâumutekano byo muri RDC, ku rupapuro rwa 12 aka kanama kavuga ko ingabo zâu Rwanda kuva mu […]
Abacungagereza bazamuwe mu ntera, abandi 35 birukanwa burundu

Nk’uko bigaragara mu Igazeti ya Leta n° Idasanzwe yo ku wa 31/12/2020, ashingiye ku Itegeko Nshinga rya Repubulika yâu Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane cyane mu ngingo zaryo, iya 121, iya 122 nâiya 176; Ashingiye ku Iteka rya Perezida n° 31/01 ryo ku wa 24/1/2018 rishyiraho sitati yihariye igenga abacungagereza, cyane cyane […]
Sinigeze ngishwa inama ubwo Abanyankore baguhaga umugore_Gen. Kainerugaba kuri Bobi Wine
Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba abyutse asubiza ubutumwa umukandida Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) yamugeneye tariki ya 31 Ukuboza 2020. Ni nyuma y’aho mu munsi ibiri ishize, yari yasibye ubutumwa yanditse ku rubuga rwa Twitter, yibasira uyu mukandida uhanganye na se, mu minsi ibiri ishize. Mu butumwa yasibye, Gen. Kainerugaba […]
Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Burusiya zakubise incuro inyeshyamba zo muri CAR
Ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (CAR), ku bufatanye n’iz’u Burusiya n’izindi z’Umuryango w’Abibumbye, zishe abarwanyi 8 bo mu ihuriro CPC ry’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi. Aya makuru yemejwe n’igitangazamakuru cy’igihugu (RBA) mu ijoro ryo kuri uyu wa 2 Mutarama 2021. RBA yatangaje ko izi ngabo z’u Rwanda, iz’ u […]