Covid-19 yishe abandi batatu, 109 banduye

cov.png

Minisiteri y’Ubuzima imaze gutangaza ko abandi Banyarwanda batatu (3) bishwe n’icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 3 Mutarama 2021, umubare w’abamaze gupfa muri rusange ugera ku 101. Ni abagabo babiri b’imyaka 75 na 61 bapfiriye mu Mujyi wa Kigali n’undi w’imyaka 51 wapfiriye mu Karere ka Huye. Abanduye ni 109 barimo 64 babonetse muri Kigali, […]

Rutahizamu Jimoh wo muri Nigeria yaba yamaze gutandukana na Rayon Sports nyuma y’igihe gito basinye amasezerano

Hari amakuru avuga ko Rutahizamu ukomoka muri Nigeria, Sunday Oni Jimoh uherutse gusinyana na Rayon Sports kuyikinira imyaka ibiri, yamaze gutandukana n’iyi kipe ku mpamvu zitarajya ahagaragara. Aya makuru yatangajwe n’umunyamakuru Rugangura Axel w’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA) kuri uyu wa 3 Mutarama 2021 abicishije ku rubuga rwa Instagram. Uyu munyamakuru mu masaha atandatu ashize, yatangaje […]

Amwe mu mafoto y’indobanure y’igisirikare cya Uganda

ingabo.jpg

Igisirikare cya Uganda cyitwa UPDF (Uganda People’s Defense Force) kuva mu 1995 ubwo cyahabwaga iri zina gikomotse ku mutwe w’ingabo NRA (National Resistance Army) wafashe ubutegetsi mu 1986, uyobowe na Gen. Yoweri Museveni. Kugeza icyo gihe kugeza ubu, UPDF yarubatswe mu buryo bukomeye nk’uko byemezwa na bamwe mu basirikare bakuru, barangajwe imbere n’umuhungu wa Perezida […]

Nimwigishirize munsi y’ibiti, nta gihugu cyubatse amashuri muri Covid-19_Ushinzwe uburezi muri Kenya

Umunyamabanga muri Guverinoma ya Kenya ushinzwe uburezi, Prof. George Magoha tariki ya 31 Ukuboza 2020 yasabye abarimu gukora udushya, bakigishiriza munsi y’ibiti, kuko ngo nta gihugu cyigeze cyubaka ibyumba by’amashuri bishya bitewe n’icyorezo cya Covid-19. Magoha yabitangaje ubwo yasuraga ishuri rya Mjini Primary School riherereye mu gace ka Murang’a, mbere y’uko amasomo asubukurwa kuri uyu […]

Indirimbo Gen. Kainerugaba akunda yatumye yibasirwa

Nyuma y’iminota mike umuhungu wa Perezida Museveni, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba ahishuye indirimbo akunda, bamwe mu bamukurikira ku rubuga rwa Twitter batangiye kumwibasira. Gen. Kainerugaba yifashishije uru rubuga rukoranya imbaga, yagize ati: “Indirimbo nkunda: Master KG-Yerusalema [Feat. Nomcebo] (Official Music Video)” arangije ashyiraho ‘link’ yayo yo kuri YouTube. Bamwe mu babonye ubu butumwa (tweet) bwa […]

Ingabo za RDC zishe abarwanyi 14 ba ADF barimo Abarabu

Ingabo za RDC kuri uyu wa 2 Mutarama 2021 zatangaje ko zishe abarwanyi 14 b’umutwe witwaje intwaro wa ADF barimo Abarabu babiri. Ni mu mirwano yabereye mu gace ka Loselose muri Teritwari ya Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, tariki ya 1 Mutarama 2021 nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa Operasiyo Sokola 1 igamije guhashya inyeshyamba, Lt. […]

MIFOTRA yibukije Abaturarwanda ko ejo ari ikiruhuko

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) kuri uyu wa 3 Mutarama 2021 yasubije abakoresha urubuga rwa Twitter ko ejo tariki ya 4 Mutarama ari ikiruhuko. Ni nyuma y’aho bamwe mu bakoresha uru rubuga bayibajije niba koko hari ikiruhuko (conge) giteganyijwe kuri uwo munsi. MIFOTRA yasubije iti: “Hashingiwe ku Iteka rya Perezida No 54/01 ryo ku […]

Centrafrique: Ingabo z’u Rwanda ni zo zatabaye iz’u Burundi zatewe n’inyeshyamba

Mu gitondo cy’itariki ya 26 Ukuboza mu mwaka ushize, ni bwo Ingabo z’u Burundi n’iza Repubulika ya Centrafrique bari hamwe mu gace ka DĂ©koa ho mu ntara ya Kemo, zagabweho igitero gikomeye n’inyeshyamba. Ni igitero cyagabwe n’imitwe y’inyeshyamba ishyigikiye uwahoze ari Perezida wa Repubulika ya Centrafrique, François BozizĂ©, mbere y’amasaha make ngo muri kiriya gihugu […]

Rusizi: Babiri batawe muri yombi bakekwaho guhimba ibyangombwa byo gutwara ibinyabiziga

img-20210103-wa0006.jpg

Polisi y’Igihugu ikorera mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 2 Mutarama 2021, yashyikirije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) abagabo 2; umwe usanzwe ari umushoferi ariko utari ufite imodoka atwara muri iyi minsi n’undi ucuruza ibirimo papeteri ( papeterie), bakurikiranyweho guhimba ibyangombwa byo gutwara ibinyabiziga. Umushoferi ni Ibyimanabirizana Eliab w’imyaka 41, naho ucuruza papeteri (papeterie) ni […]

APR FC irasaba Rusheshangoga kwisubira ku cyemezo cyo gusezera ku mupira w’amaguru

Umuyobozi wungirije wa APR FC, Maj. Gen. Mubarakh Muganga yasabye Rusheshangoga Michel wakiniye iyi kipe igihe kirekire, kwisubira ku cyemezo aherutse gufata cyo gusezera ku mupira w’amaguru.) Uyu muyobozi avuga ko bitewe n’uruhare Rusheshangoga yagize mu iterambere ry’umupira w’amaguru, no kuba yari akiri muto mu myaka, yafashe iki cyemezo yihuse kuko ngo “yari agikenewe.” Gen. […]

Museveni yihanangirije abafite umugambi wo kwiba amatora

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, mu ijambo risoza umwaka yagejeje ku Bagande tariki ya 31 Ukuboza 2020 yihanangirije abantu avuga ko bafite umugambi wo kwiba amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri uku kwezi kwa Mutarama 2021. Nk’uko tubikesha Daily Monitor, uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko muri aba bantu harimo n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (EC), […]

Indi kajugujugu y’ingabo za RDC yahanutse, abarimo bose barapfa

Nyuma y’igihe kitagera ku cyumweru indege ya kugujugu y’igisirikare cya RDC ihanutse, hari indi yahanutse, abarimo bose uko ari 8 bahasiga ubuzima. Ni amakuru umwe mu basirikare ba RDC yahamirije igitangazamakuru Politico.cd kuri uyu wa 2 Mutarama 2021, aho avuga ko iyi kajugujugu ya kabiri yari itwaye itsinda ry’abari bagiye gutabara abakomerekeye mu mpanuka y’iya […]

Impuguke za UN zongeye gushinja ingabo z’u Rwanda kujya kurwanira muri RDC

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye (UN) gashinzwe umutekano, tariki ya 23 Ukuboza 2020 kasohoye raporo nshya ishinja ingabo z’u Rwanda RDF kujya kurwanira ku butaka bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Muri iyi raporo y’impapuro 205 ivuga ku bibazo by’umutekano byo muri RDC, ku rupapuro rwa 12 aka kanama kavuga ko ingabo z’u Rwanda kuva mu […]

Abacungagereza bazamuwe mu ntera, abandi 35 birukanwa burundu

rcs.png

Nk’uko bigaragara mu Igazeti ya Leta n° Idasanzwe yo ku wa 31/12/2020, ashingiye ku Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane cyane mu ngingo zaryo, iya 121, iya 122 n’iya 176; Ashingiye ku Iteka rya Perezida n° 31/01 ryo ku wa 24/1/2018 rishyiraho sitati yihariye igenga abacungagereza, cyane cyane […]

Sinigeze ngishwa inama ubwo Abanyankore baguhaga umugore_Gen. Kainerugaba kuri Bobi Wine

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba abyutse asubiza ubutumwa umukandida Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) yamugeneye tariki ya 31 Ukuboza 2020. Ni nyuma y’aho mu munsi ibiri ishize, yari yasibye ubutumwa yanditse ku rubuga rwa Twitter, yibasira uyu mukandida uhanganye na se, mu minsi ibiri ishize. Mu butumwa yasibye, Gen. Kainerugaba […]

Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Burusiya zakubise incuro inyeshyamba zo muri CAR

Ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (CAR), ku bufatanye n’iz’u Burusiya n’izindi z’Umuryango w’Abibumbye, zishe abarwanyi 8 bo mu ihuriro CPC ry’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi. Aya makuru yemejwe n’igitangazamakuru cy’igihugu (RBA) mu ijoro ryo kuri uyu wa 2 Mutarama 2021. RBA yatangaje ko izi ngabo z’u Rwanda, iz’ u […]