Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, mu ijambo risoza umwaka yagejeje ku Bagande tariki ya 31 Ukuboza 2020 yihanangirije abantu avuga ko bafite umugambi wo kwiba amatora yâUmukuru wâIgihugu ateganyijwe muri uku kwezi kwa Mutarama 2021.
Nkâuko tubikesha Daily Monitor, uyu Mukuru wâIgihugu yavuze ko muri aba bantu harimo nâabakozi ba Komisiyo yâIgihugu yâAmatora (EC), bahawe ruswa ngo bashyire mu bikorwa uyu mugambi.
Yagize ati: âNdihanangiriza abantu bari gupanga kwiba amatora; barimo abakozi bo muri EC bahawe ruswa kugira ngo bahindure ibizava mu matora, cyangwa batange amajwi menshi.â
Yakomeje ati: âNtabwo nakwemera ko ibikorwa bya Uganda byanduzwa nâaba banyabyaha.â
Na Bobi Wine bahanganye afite impungenge ko azibwa
Umukandida Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) urahirira umunsi ku wundi ko azatsinda Perezida Museveni umaze imyaka 35 ayoboye iki gihugu, na we yakunze impungenge zâuko hari umugambi wo kumwiba amajwi.
Izi mpungenge zatumye ishyaka NUP (National Unity Platform) ahagarariye, rikora âapplicationâ yitwa âYou Voteâ izarifasha gukurikirana ibizava mu matora mu bice bitandukanye mu gihugu.
Bobi Wine mu jambo risoza umwaka yagejeje ku Bagande kuri uyu wa 2 Mutarama 2021, yavuze ko bakoze iyi âapplicationâ nyuma yo kumenya ko hari umugambi wo kwiba amajwi uri gutegurwa mu bice bya Kampala, Masaka na Mukono.
Ati: âTurashaka gukorera iyi app mu kugabanya ibikorwa byo kwiba amatora. Izakoreshwa nâintumwa zacu.â Yakomeje ati: âDufite amakuru ko Komisiyo yâAmatora ifite umugambi wo gukereza ibikoresho byâitora mu duce twa Kampala, Mukono na Masaka. Turagira ngo tubabwire ko abaturage ba Uganda batazemera ko biba.â


