MIFOTRA yibukije Abaturarwanda ko ejo ari ikiruhuko

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) kuri uyu wa 3 Mutarama 2021 yasubije abakoresha urubuga rwa Twitter ko ejo tariki ya 4 Mutarama ari ikiruhuko.

Ni nyuma y’aho bamwe mu bakoresha uru rubuga bayibajije niba koko hari ikiruhuko (conge) giteganyijwe kuri uwo munsi.

MIFOTRA yasubije iti: “Hashingiwe ku Iteka rya Perezida No 54/01 ryo ku wa 24/02/2017 rishyiraho iminsi y’ikiruhuko rusange mu Rwanda; ku wa Mbere tariki ya 4/1/2021 ni umunsi w’ikiruhuko” isobanura ko impamvu ari uko umunsi wakurikiye Ubunani (tariki ya 1 Mutarama) wahuriranye n’impera z’icyumweru.

Twabibutsa ko Ubunani bwabaye ku wa Gatanu; umunsi wabayeho ikiruhuko. Nk’uko byari bisanzwe, umunsi wakurikiyeho wagombaga kuba ikiruhuko ariko kubera ko ari uw’impera z’icyumweru (weekend), iki kiruhuko cyimurirwa ku wa Mbere nk’uko byagenze nyuma ya Noheli.

Ifoto: Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *