Museveni yihanangirije abafite umugambi wo kwiba amatora

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, mu ijambo risoza umwaka yagejeje ku Bagande tariki ya 31 Ukuboza 2020 yihanangirije abantu avuga ko bafite umugambi wo kwiba amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri uku kwezi kwa Mutarama 2021.

Nk’uko tubikesha Daily Monitor, uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko muri aba bantu harimo n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (EC), bahawe ruswa ngo bashyire mu bikorwa uyu mugambi.

Yagize ati: “Ndihanangiriza abantu bari gupanga kwiba amatora; barimo abakozi bo muri EC bahawe ruswa kugira ngo bahindure ibizava mu matora, cyangwa batange amajwi menshi.”

Yakomeje ati: “Ntabwo nakwemera ko ibikorwa bya Uganda byanduzwa n’aba banyabyaha.”

Na Bobi Wine bahanganye afite impungenge ko azibwa

Umukandida Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) urahirira umunsi ku wundi ko azatsinda Perezida Museveni umaze imyaka 35 ayoboye iki gihugu, na we yakunze impungenge z’uko hari umugambi wo kumwiba amajwi.

Izi mpungenge zatumye ishyaka NUP (National Unity Platform) ahagarariye, rikora ‘application’ yitwa ‘You Vote’ izarifasha gukurikirana ibizava mu matora mu bice bitandukanye mu gihugu.

Bobi Wine mu jambo risoza umwaka yagejeje ku Bagande kuri uyu wa 2 Mutarama 2021, yavuze ko bakoze iyi ‘application’ nyuma yo kumenya ko hari umugambi wo kwiba amajwi uri gutegurwa mu bice bya Kampala, Masaka na Mukono.

Ati: “Turashaka gukorera iyi app mu kugabanya ibikorwa byo kwiba amatora. Izakoreshwa n’intumwa zacu.” Yakomeje ati: “Dufite amakuru ko Komisiyo y’Amatora ifite umugambi wo gukereza ibikoresho by’itora mu duce twa Kampala, Mukono na Masaka. Turagira ngo tubabwire ko abaturage ba Uganda batazemera ko biba.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *