img_20210105_151841.jpg

Centrafrique: Abasirikare barimo ab’u Burundi baheruka kwicwa bashyinguwe (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare batanu barimo batatu b’u Burundi baheruka kwicirwa mu butunwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), bashyinguwe kuri uyu wa Kabiri.

Umuhango wo gushyingura bariya basirikare wabereye i Bangui mu murwa Mukuru wa Centrafrique.

Abasirikare bashyinguwe barimo batatu b’u Burundi baguye mu gitero cyo ku wa 26 Ukuboza 2020 bagabweho n’imitwe y’inyeshyamba ishyigikiye uwahoze ari Perezida wa Repubulika ya Centrafrique, François BozizĂ©, mu ntara ya DĂ©koa. Abasirikare bandi bashyinguwe barimo umunya-Indonesia n’Umunya-CamĂ©roun.

Umuhango wo gushyingura bariya basirikare witabiriwe n’Intumwa yihariye y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique, Mankeur Ndiaye washimye umurava waranze ziriya ngabo, gusa asaba abategetsi ba Centrafrique gukurikirana abari inyuma y’urupfu rwabo.

Ati: “Aba bantu batanu b’abanyamurava bapfuye kugira ngo ikibatsi cy’ikizere n’amahoro gitwike ubutaka bwa Centrafrique. Bapfuye kugira ngo abaturage ba Centrafrique batekane.”

Yunzemo ko ibisigisigi bya bariya basirikare ari “Ikimenyetso cy’umuhate utajegajega wa MINUSCA na Loni, cyo kimwe n’abaturage n’abayobozi ba Repubulika ya Centrafrique.”

Ndiaye yakomeje asaba abategetsi ba Centrafrique ko “Abari inyuma y’ibi bikorwa bigayitse bagomba kuryozwa ibyaha byabo.”

Umuyobozi w’Ingabo za MINUSCA, Lt Gen Daniel Sidiki TraorĂ©, yihanganishije Imiryango y’abasirikare baguye mu bitero by’inyeshyamba, ashimangira ko bubaha kandi bakishimira kuba baritanze ku bw’ikiremwa muntu.

Ni ibyanashimangiwe n’Umuyobozi w’Ingabo z’u Burundi ziri muri Centrafrique, Lt Col Hakizimana Jean Pierre wavuze ko atewe ishema no kuba bagenzi be baratakaje ubuzima barokora ubuzima bw’abaturage ba DĂ©koa.

img_20210105_151841.jpg

img_20210105_151908.jpg

img_20210105_171444.jpg

img_20210105_175231.jpg

img_20210105_175237.jpg

img_20210105_175245.jpg

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Centrafrique: Abasirikare barimo ab’u Burundi baheruka kwicwa bashyinguwe (Amafoto)
    Biteye agahinda kujya gupfita ahatari iwanyu.

  2. Centrafrique: Abasirikare barimo ab’u Burundi baheruka kwicwa bashyinguwe (Amafoto)
    Biteye agahinda kujya gupfita ahatari iwanyu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *