Kuri uyu wa 6 Mutarama 2021, uwiyita Tracy Zille yanditse ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwerekeye urukingo rwa Covid-19, butavuzweho rumwe na bamwe mu Banyafurika.
Yagize ati: “Abanyafurika bakabaye aba nyuma binubira iby’urukingo rwa Covid-19. Iyo Abanyaburayi baba bashaka kubica, baba barabikoze kera. Ibicuruzwa bya Coca Cola bituruka i Burayi, kimwe na KFC n’ibindi bigo bitunganya ibiribwa. Abanyaburayi bakora ibiryo byinshi murya birimo baby formula (amata). Iyo baba bashaka kubica, baba barabikoze kera.”
Yakomeje avuga uburyo Afurika ntacyo ishoboye, ati: “Kimwe cyonyine mukora muri Afurika ni abana gusa. Ni yo mpamvu munafite ikirere cyo gukoreramo abana, n’ibiringiti by’amaso. Nimutuze, nta muntu ushaka kubica. Icyiza ni uko mutari ingenzi bigeze aho, ndetse ntacyo mwakwangiza. Ariko ni byiza, niba mudashaka urukingo, nimukore urwanyu. Ooh mwihangane ntimwanakora uburoso bw’amenyo n’agakingirizo. Mutega amaboko u Bushinwa, rero nimuceceke, mufate Urukingo cyangwa Mupfe.”
Tracy Zille ni umuntu ki?
Nk’uko bigaragara ku mbuga nkoranyambaga akoresha (Twitter na Facebook), ni umugore w’umuzungu.
Ku rubuga rwa Facebook, akurikirwa n’abantu barenga 90,000, na ho kuri Twitter yafunguye muri Kamena 2020, akukirikirwa n’abantu babarirwa mu 71,000.
Mu butumwa yagiye ashyize ku mbuga akoresha mu bihe bitandukanye, bigaragara ko higanjemo ubwo bamwe bita ubwibasira umugabane wa Afurika, ahagaragaza ko nta kintu na gito ushoboye, awugereranyije na bimwe mu bihugu byateye imbere ku mugabane w’Uburayi na Amerika.
Urugero rwa hafi ni ubutumwa yanditse kuri uyu wa 6 Mutarama, avuga ko muri Afurika, bigisha abana gushakisha umuvuduko w’imodoka na gari ya moshi, kubera ko ari byo bitwaza mu gihe bagiye mu kazi. Ati: “Mu Burayi mo muri Aziya bigisha abana babo gukora imodoka na gari ya moshi, kuko ni byo bakora mu gihe barangije amashuri.”
Yongeye agira ati: “Urukingo rwa Covid-19 rubaye rwarakorewe muri Afurika, abayobozi ba Afurika bajya hakurya y’inyanja, bajya kwiteza urukingo. Yego, abayobozi bo muri Afurika bivuriza mu bitaro byo mu mahanga. Ntabwo bizera ubuvuzi n’ibitaro byiwabo.
Afurika y’Epfo yashatse kumujyana mu rukiko
Komisiyo ishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Afurika y’Epfo muri Kanama 2020 yigeze gutangaza ko ijyana mu rukiko Tracy Ville, imushinja amagambo y’urwango.
Nk’uko tubikesha igitangazamakuru Times cyo muri iki gihugu, Umuyobozi w’iyi Komisiyo, Chris Nissen yabwiye itangazamakuru ko bifashishije urwego rushinzwe gukora iperereza, batahuye imyirondoro ya Tracy Ville.
Yagize ati: “Binyuze mu rwego rwacu, wabashije kumenya amazina y’uyu muntu ndetse twabonye n’ibimenyetso bihagije.”
Nissen yabajijwe amazina nyakuri ya Tracy Ville, avuga ko atayatangaza mu gihe ataratangira gukurikiranwa n’ubutabera.
N’ubwo Nissen atigeze avuga amazina nyakuri ya Tracy Zille, ibindi bitangazamakuru byo muri Afurika y’Epfo birimo The South African bihamya ko atari umuzungu nk’uko bigaragara mu ifoto iri ku mbuga nkoranyambaga, ahubwo yaba ari umugabo ukomoka muri iki gihugu, wandika ubutumwa bukurura impaka kugira ngo akurikirwe n’abantu benshi, bimwongerera amahirwe yo kwinjiza amafaranga.



18 Responses
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Tracy yashatse kuba Star none arabibonye da
Ibyavuga arabizi neza ubu agiye kwandikwa mumateka kandi nicyo ashaka.
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Tracy ndamwemera cyane avuga ukuri. Africa igura imiti yose i burayi. Inkingo z’abana. Abazungu bashatse kutumara ni umunsi 1 gusa. ukuri kuraryana.
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Tracy ndamwemera cyane avuga ukuri. Africa igura imiti yose i burayi. Inkingo z’abana. Abazungu bashatse kutumara ni umunsi 1 gusa. ukuri kuraryana.
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Tracy yashatse kuba Star none arabibonye da
Ibyavuga arabizi neza ubu agiye kwandikwa mumateka kandi nicyo ashaka.
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Bavuga ibigoramye imihoro ikarakara. Aho kumujyana mu nkiko ikiza ntekereza ni ukujyana abakozi bategetsi bamara imyaka basahura ntacyo bageza kubo bategetsi. Ukuri kuraryana ariko iyo ukurebye mu maso urakira. ba commissionaire babazungu basahura bahunika I burayi n’Amerika on baburanishwe. Ariko se umucamanza ni nde?
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Bavuga ibigoramye imihoro ikarakara. Aho kumujyana mu nkiko ikiza ntekereza ni ukujyana abakozi bategetsi bamara imyaka basahura ntacyo bageza kubo bategetsi. Ukuri kuraryana ariko iyo ukurebye mu maso urakira. ba commissionaire babazungu basahura bahunika I burayi n’Amerika on baburanishwe. Ariko se umucamanza ni nde?
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
None se hari icyo yabeshyeho? ukuri kuraryana ariko iyo ushinyirije ukakumva uracyira.
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
None se hari icyo yabeshyeho? ukuri kuraryana ariko iyo ushinyirije ukakumva uracyira.
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Yewe, avuga ukuri cane. Aha i Burundi, abakegesi (barya amahera y’igihugu- ministres, généraux, conseillers spéciaux), baguma bagura amazu Canada n’ahandi, za Dubai, ariko waraba uko igisagara gisa, yewe, umengo nta butegetsi buhari
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Yewe, avuga ukuri cane. Aha i Burundi, abakegesi (barya amahera y’igihugu- ministres, généraux, conseillers spéciaux), baguma bagura amazu Canada n’ahandi, za Dubai, ariko waraba uko igisagara gisa, yewe, umengo nta butegetsi buhari
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Yavuze ukuri: Abayobozi bibihugu by Africa bivuriza mumahanga,ntanakimwe dushoboye,igiteye agahinda nama $ dutakaza kubana babayobozi biga mumahanga kndi bikarangira ntampinduka tubonye,gusa yavuze ukuri ararengera icyotuzi nugukora abana gusa.
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Yavuze ukuri: Abayobozi bibihugu by Africa bivuriza mumahanga,ntanakimwe dushoboye,igiteye agahinda nama $ dutakaza kubana babayobozi biga mumahanga kndi bikarangira ntampinduka tubonye,gusa yavuze ukuri ararengera icyotuzi nugukora abana gusa.
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Birababaje, uku ni ukuri Africa ntitwiyizera. Naho waba umuhanga Ute umunyafrica mugenzi wawe ntiyakwizera. Naho yakwizera yaguhemba 1/20 cy’umushahara yaha umuzungu. Africa kweli
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Birababaje, uku ni ukuri Africa ntitwiyizera. Naho waba umuhanga Ute umunyafrica mugenzi wawe ntiyakwizera. Naho yakwizera yaguhemba 1/20 cy’umushahara yaha umuzungu. Africa kweli
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Birababaje, uku ni ukuri Africa ntitwiyizera. Naho waba umuhanga Ute umunyafrica mugenzi wawe ntiyakwizera. Naho yakwizera yaguhemba 1/20 cy’umushahara yaha umuzungu. Africa kweli
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Birababaje, uku ni ukuri Africa ntitwiyizera. Naho waba umuhanga Ute umunyafrica mugenzi wawe ntiyakwizera. Naho yakwizera yaguhemba 1/20 cy’umushahara yaha umuzungu. Africa kweli
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Ntacyo avuga kitari ukuri ibyo abamurega bamurega sinzi ibyaribyo
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Ntacyo avuga kitari ukuri ibyo abamurega bamurega sinzi ibyaribyo