Bobi Wine yahawe impano y’imodoka yo kumufasha mu kwiyamamaza

Sangiza iyi nkuru

Umukandida ushaka kuyobora Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, kuri uyu wa 6 Mutarama 2021 yahawe impano y’imodoka ya Pick-up, yo kwifashisha mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Yayihawe n’umuyoboke w’ishyaka NUP (National Unity Platform) ry’uyu mukandida, witwa Nyukuri Steven, ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Namisindwa.

Bobi Wine wemeje aya makuru, yavuze ati: “Twahawe impano y’imodoka nshya ya Pick-Up na Mr. Nyukuri Steven kugira ngo idufashe mu kwiyamamaza.”

Uyu mukandida ukunze kwibasira ubutegetsi bwa Perezida Museveni bazahatanira mu matora, yavuze ko bahawe indi mpano y’ikimasa, gusa umuyobozi muri aka karere, arayifatira, avuga ko kubera ko yavanwe mu kandi karere, ishobora gukwirakwiza icyorezo cya Covid-19.

Harabura icyumweru kimwe gusa kugira ngo amatora yo muri Uganda abe, kuko ateganyijwe tariki ya 14 Mutarama 2021, akaba azahataniramo abakandida 11.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *