Ubu abagize Inteko Ishinga Amategeko bari kwitegura kwemeza uwatsinze amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abayoboke ba Donald Trump bari mu myigaragambyo ikomeye ku nyubako y’iyi Nteko (Capitol Building), bamwe muri bo bakaba binjiyemo imbere.
Imbarutso y’iyi myigaragambyo ni ukuba Perezida Trump kuva abagize Inteko Zitora (electoral colleges) mu Gushyingo 2020, bemeza ko Joe Biden yatsinze, we yakomeje kubyamaganira kure, ndetse asaba abayoboke be ko bamushyigikira kuri uyu wa 6 Mutarama 2021, ubwo Inteko Ishinga Amategeko yitezweho kwemeza intsinzi.
Abapolisi bari kugerageza guhangana n’abigaragambya, bifashishije ibyuka biryana mu maso, basanga n’abandi binjiye muri iyi nyubako, bitwaje imbunda.

Hari amakuru avuga ko bamwe mu bakomeye mu Nteko Ishinga Amategeko ya USA, guhera kuri Perezida wayo, Nancy Pelosi, bamaze guhungishirizwa ahantu hatekanye.
Trump yasabye ko hakorwa imyigaragambyo y’amahoro
Perezida Donald Trump nyuma yo kubona imyitwarire y’aba bamushyigikiye, yasabye ko bakora imyigaragambyo y’amahoro, bubahiriza amategeko.
Yagize ati: “Ndasaba buri wese kuri U.S Capitol akomeze arangwe n’amahoro. Nta rugomo! Mwibuke, turi ishyaka rigendera ku itegeko na gahunda_mwubahe itegeko n’abagabo bacu n’abagore bambaye Ubururu. Murakoze!”
Abavogereye iyi nyubako bazakurikiranwa n’ubushinjacyaha
Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Pence yavuze ko kwigaragambya ari uburenganzira bwa buri Munyamerika, gusa avuga ko abinjiye muri iyi nyubako barengeye, kandi ngo “ntabwo bigomba kwihanganirwa.”
Mike Pence yavuze ko abagerageje kwinjira muri iyi nyubako, “bazagezwa imbere y’ubushinjacyaha, nk’uko biteganywa n’itegeko.”


Aya mafoto yerekana uko byifashe mu mpande zitandukanye

Abagize Inteko biteguraga kwemeza uwatsinze amatora




2 Responses
Imyigaragambyo ikomeye yageze mu nyubako y’Inteko yemeza intsinzi ya Joe Biden_Amafoto
Kubwanjye njye sinsgyigikiye ko amacumbi abanyeshuri babamo aba ukubiri n’ikigo bigamo mu gihe hagati hacamo umuhanda. Nibawufunge burundu cg bubake amacumbi mukigo murwego rwo kubungabuga ubuzima bwabanyeshuri. Imana ituze aheza IRAKOZE Joanna kndi umuryango we hamwe na abagize ishuri mukomeze kwihangana cyane.
Imyigaragambyo ikomeye yageze mu nyubako y’Inteko yemeza intsinzi ya Joe Biden_Amafoto
Kubwanjye njye sinsgyigikiye ko amacumbi abanyeshuri babamo aba ukubiri n’ikigo bigamo mu gihe hagati hacamo umuhanda. Nibawufunge burundu cg bubake amacumbi mukigo murwego rwo kubungabuga ubuzima bwabanyeshuri. Imana ituze aheza IRAKOZE Joanna kndi umuryango we hamwe na abagize ishuri mukomeze kwihangana cyane.