Ku cyumweru tariki ya 30 Ukwakira 2016, nibwo inkuru yasakaye hose ko Major Desire Uwamahoro, umupolisi mu Burundi yatawe muri yombi n’urwego rushinzwe iperereza, ubu amakuru ava muri iki gihugu ni uko ifungwa rye rishobora guteza umwiryane mu bayobozi.
[ad id=”44145″]
Aya amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Ubmnews, ni uko Uwamahoro agifungiye muri gereza y’urwego rw’iperereza impaka zihari zikaba ari iz’uko yajyanwa gufungirwa muri gereza ya Mpimba cyangwa agafungurwa.
Izi mpaka kandi ngo zikaba ziri hagati y’abashyigikiye Uwamahoro n’abandi batari ku ruhande rwe barimo na Gen Etienne Ntakarutimana, umuyobozi w’uru rwego rushinzwe iperereza.
Iki kinyamakuru kandi gitangaza ko uyu mupolisi ashinjwa kwiba amafaranga yagurishije amabuye y’agaciro akabakaba 330,000 by’amadorali ya Amerika.
Izi mpaka ngo zishobora kuryanisha bamwe mu bayobozi, zikomeje kuboneka mu gihe bamwe basaba ko Uwamahoro yakwishyura ayo mafaranga akarekurwa dore ko ari n’umwe mu bo Perezida Nkurunziza ngo yizeraga ndetse banakorana cyane.
[ad id=”44145″]
Urundi ruhande rukaba rusaba ko yamanurwa akajyanwa muri gereza nkuru ndetse akanakurikiranwa, ariko bose bakaba batabihurizaho.
Major Uwamahoro yashyize ku rutonde muri raporo yashyizwe hanze na Loni, ashinjwa ubwicanyi yakoreye abigaragambyaga bamagana manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza n’ubundi bwicanyi yakoze mbere aho yari yaranakatiwe igifungo cy’imyaka 5 ariko ntiyagikora ahubwo ahita ashingwa kuyobora abapolisi kabuhariwe bashinzwe guhangana n’abarwanya Nkurunziza.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com


