Umuhanzi Karasira Marie Clarisse uri mu bakobwa bafite igikundiro kinshi mu muziki nyarwanda, yatangaje ko yambitswe impeta n’umusore wamusabye ko bazabana nk’umugabo n’umugore.
Karasira ku rubuga rwe rwa Instagram, yemeje ko yemereye uriya musore witwa King Dejoie (Sylivain Dejoie) ko yazamubera umutima undi na we akamubera umutwe.
Ati: “Umwami yansabye ko namubera umugore we. Nicishije bugufi kandi nshima nagize nti “Ndabyemeye”! Niteguye kubana na we mu ngoro.”
Ubu butumwa bwari bwanditse mu Cyongereza bwaherekejwe n’ubundi bw’Ikinyarwanda bugira buti: “Umutware yansabye ko nazamubera umugabekazi w’ibikomangoma bye! Nashingira he makanira iyo ngabo y’ikirenga? Wakoze Mana, wakoze mukunzi.”
Uyu mukobwa kuri Twitter yongeye gushimangira urwo akunda uriya musore mu magambo agira ati: “Nguyu uwo Imana yandemeye. UMUTWARE nkundira ubuhizi, ingabo idatatira IGIHANGO, Imfura ikunda u Rwanda ikarukorera ubutiganda, undutira bose muri ubu buzima. Ndagukunda King Dejoie.”
Abakunzi b’uyu muririmbyi batari bake bamugeneye ubutumwa bumwifuriza guhirwa mu rugendo rushya yatangiye.







8 Responses
Karasira Clarisse yambitswe impeta n’umusore bazarushingana
Ibintu bidushimisha cyane.kurusha ibindi Imana yaduhaye,ni Ubukwe no Kubyara.Byombi ni IMPANO y’Imana.Gusa tugomba kwibuka ko Imana ishaka ko Umugore n’Umugabo “baba umubiri umwe” nkuko Intangiriro 2,umurongo wa 24 havuga.Ikibabaje nuko ababyubahiriza ari bake.Benshi bacana inyuma,bararwana, baratandukana,ndetse bakicana.Amadini amwe nayo akabeshyera Imana ngo ibemerera gutunga abagore benshi.Nkuko Yesu yabisobanuye muli Matayo 19,umurongo wa :6,Imana yihoreye Abayahudi batunga Abagore benshi kuko bali barananiye Imana.Niba dushaka kuzaba muli paradizo,tugomba kumvira Imana.
Karasira Clarisse yambitswe impeta n’umusore bazarushingana
Ibintu bidushimisha cyane.kurusha ibindi Imana yaduhaye,ni Ubukwe no Kubyara.Byombi ni IMPANO y’Imana.Gusa tugomba kwibuka ko Imana ishaka ko Umugore n’Umugabo “baba umubiri umwe” nkuko Intangiriro 2,umurongo wa 24 havuga.Ikibabaje nuko ababyubahiriza ari bake.Benshi bacana inyuma,bararwana, baratandukana,ndetse bakicana.Amadini amwe nayo akabeshyera Imana ngo ibemerera gutunga abagore benshi.Nkuko Yesu yabisobanuye muli Matayo 19,umurongo wa :6,Imana yihoreye Abayahudi batunga Abagore benshi kuko bali barananiye Imana.Niba dushaka kuzaba muli paradizo,tugomba kumvira Imana.
Karasira Clarisse yambitswe impeta n’umusore bazarushingana
Uzagire urugo ruhire mukobwa wacu, uzubahe umugabo nkumutware wawe
Karasira Clarisse yambitswe impeta n’umusore bazarushingana
Uzagire urugo ruhire mukobwa wacu, uzubahe umugabo nkumutware wawe
Dore uburanga bw’umusore ugiye kurongora Clarisse Karasira (Amafoto)
Murasara twese bitangira uko gusa birangirira muri Sinamenye!!!!!!!
Dore uburanga bw’umusore ugiye kurongora Clarisse Karasira (Amafoto)
Murasara twese bitangira uko gusa birangirira muri Sinamenye!!!!!!!
Dore uburanga bw’umusore ugiye kurongora Clarisse Karasira (Amafoto)
KARARISA TUMWIFURIJE AMAHIRWE MASA
Dore uburanga bw’umusore ugiye kurongora Clarisse Karasira (Amafoto)
KARARISA TUMWIFURIJE AMAHIRWE MASA