said-arma.jpg

Umusaza wari umereye nabi Ingabo za Israel akoresha itopito yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Umugabo w’imyaka 51 wo muri Palestina wagaragaye muri video yamamaye ku mbuga nkoranyambaga arashisha itopito abasirikare ba Israel muri West Bank yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatanu nk’uko ibinyamakuru byo muri aka karere bivuga.

Uyu mugabo, Said Arma, ugaragara nk’ushaje nubwo ku myaka ye 51 yagakwiye kuba agaragara nk’umugabo w’igikwerere, yatawe muri yombi kuwa Gatanu nyuma y’aho Ingabo za Israel zigabiye igitero mu rugo rwe mu Mudugudu wa Deir Jarir, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Ramallah.

Mu cyumweru gishize, nibwo video yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga igaragaramo Arma yambaye imyambaro gakondo n’ubwanwa bwe burimo imvi arimo ararasa ku basirikare ba Israel akoresheje itopito.

said-arma.jpg

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa Alaraby ivuga ko mu bice bya West Bank Israel yigaruriye hakunze kuba imyigaragambyo y’Abanyapalestina bamagana uko ubutaka bwabo bukomeza kwigarurirwa nubwo amahanga adahwema kubyamagana.

Israel ikaba yarigaruriye West Bank kuva mu 1967 ndetse kuhatuza abaturage kwayo gufatwa nk’ukutemewe n’amategeko n’Umuryango Mpuzamahanga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *