Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, aherutse gutangaza ko umuntu wese uzafatirwa mu gihugu cye arwaye icyorezo cya COVID-19 azahanwa by’intangarugero, ngo kuko ntaho azaba ataniye n’umurozi wagiye kuroga Abarundi.
Perezida Ndayishimiye yabigarutseho mu mpera z’ukwezi gushize, mu kiganiro cyatambutse ku bitangazamakuru bitandukanye bya hariya yagiranye n’abanyamakuru ndetse n’abaturage.
Mu rwego rwo gukumira ko icyorezo cya Covid-19 cyakwirakwira mu buryo bworoshye, leta y’u Burundi yashyizeho ingamba z’uko umuntu wese uturutse hanze y’igihugu abanza guhitira mu kato, gusa ngo hari abakerensa ayo mabwiriza nk’uko Perezida Ndayishimiye yabitangaje.
Yagize ati: “Ni mwiyumvire nk’umuntu uva hanze avuye aho barwaye Corona, akagerageza guhatiriza kugira ngo agere iwe mu muryango; ni ukuvuga kugira ngo atangire kwanduza abana be n’umugore. Murumva iryo bara? Icyo kintu cyananiye kukiyumvisha njyewe mpora mvuga nti hariho Abarundi bakirwaye. Hariho indwara za zindi bita psychologique (zo mu mutwe), wasanga ari zo Abarundi bamwe barwaye.”
Umukuru w’igihugu cy’u Burundi yavuze ko bitumvikana uko we nka Perezida wa Repubulika ava hanze y’igihugu agahitira mu kato yemwe atanabonanye n’abana be kugira ngo hatagira uwo yanduza, nyamara ba rubanda rugufi bakaba ari bo bumva ko bagomba kwanduza imiryango yabo n’igihugu cyose.
Yavuze ko uzajya agaragaraho COVID-19 mu Burundi azajya akurikiranwa byimbitse kugira ngo hamenyekane uwamwanduje, hanyuma uwo bizagaragaraho ko yagize uruhare mu gukwirakwiza kiriya cyorezo ahanwe nk’umurozi.
Ati: “Navuze ko ubu njyewe uwo nzajya mbona ari hagati mu gihugu arwaye, tuzajya dukurikira uwamwanduje, uwamwanduje, wowe wandujwe na nde wowe wandujwe na nde, kugeza dufashe uwayizanye. Uwo muntu azafatwa nk’uko ari umurozi waje kuroga u Burundi.”
“None umuntu twafatana imiti y’uburozi aje kuroga Abarundi [yihanganirwa]? Azajya ahanwa rero hakurikijwe amategeko nk’umurozi waje kuroga, yaba uwamukingiye ikibaba tuzamufata nk’aho ari we waroze kuko ni nk’uko wareka umuntu akazana intwaro aje kwica Abarundi.”
Ndayishimiye yatunze bamwe mu bayobozi abashinja kuba bahabwa za ruswa z’intica ntikize bakemerera abantu kwinjiza COVID-19 mu Burundi, ashimangira ko uzafatwa azahanwa by’intangarugero.



8 Responses
Uzafatirwa mu Burundi arwaye COVID-19 azahanwa nk’umurozi waje kuroga Abarundi_Ndayishimiye
Gusa imana izamufashe imuhe kwihangana umunsi ariwe izafata mbere yabandi nyamara corona ntanumwe itinya aba perezida imaze gufata barahari,
Uzafatirwa mu Burundi arwaye COVID-19 azahanwa nk’umurozi waje kuroga Abarundi_Ndayishimiye
Umuswa cyane wagirango aracyari inyeshyamba pe
Uzafatirwa mu Burundi arwaye COVID-19 azahanwa nk’umurozi waje kuroga Abarundi_Ndayishimiye
Umuswa cyane wagirango aracyari inyeshyamba pe
Uzafatirwa mu Burundi arwaye COVID-19 azahanwa nk’umurozi waje kuroga Abarundi_Ndayishimiye
Gusa imana izamufashe imuhe kwihangana umunsi ariwe izafata mbere yabandi nyamara corona ntanumwe itinya aba perezida imaze gufata barahari,
Uzafatirwa mu Burundi arwaye COVID-19 azahanwa nk’umurozi waje kuroga Abarundi_Ndayishimiye
Mana we !!
Igihugu kiri gupfa abantu barebera !!!
Birababaje aho umurwayi ahigwa ngo yicwe aho kuvurwa.
Uyu mu Perezida ni injiji y’Inyeshyamba arushwa ubwenge n’imbwa zirinda urugo zo zijya ziguma kuri ba Sebuka bishwe na Covid 19 iyo za USA.
NEVA na bagenzi be ba hafi bazi kwica no kwiba gusa nta kindi
Uzafatirwa mu Burundi arwaye COVID-19 azahanwa nk’umurozi waje kuroga Abarundi_Ndayishimiye
Mana we !!
Igihugu kiri gupfa abantu barebera !!!
Birababaje aho umurwayi ahigwa ngo yicwe aho kuvurwa.
Uyu mu Perezida ni injiji y’Inyeshyamba arushwa ubwenge n’imbwa zirinda urugo zo zijya ziguma kuri ba Sebuka bishwe na Covid 19 iyo za USA.
NEVA na bagenzi be ba hafi bazi kwica no kwiba gusa nta kindi
Uzafatirwa mu Burundi arwaye COVID-19 azahanwa nk’umurozi waje kuroga Abarundi_Ndayishimiye
Umuhirimbire w’umuperezida
Nk’Ubu koko aba avuze ibintu nk’ibi yibuka ko ari Perezida w’Igihugu.
Nawe izava imufata iyo Covid ituma ahiga abantu kandi ari indwara umuntu adahamagara
Uzafatirwa mu Burundi arwaye COVID-19 azahanwa nk’umurozi waje kuroga Abarundi_Ndayishimiye
Umuhirimbire w’umuperezida
Nk’Ubu koko aba avuze ibintu nk’ibi yibuka ko ari Perezida w’Igihugu.
Nawe izava imufata iyo Covid ituma ahiga abantu kandi ari indwara umuntu adahamagara