5ff9ea7c2047b.image.jpg

USA: Umugabo w’amahembe wigaragaje cyane mu gitero ku nteko yafashwe

Sangiza iyi nkuru

Umugabo witwa Jacob Anthony Chansley, azwi nka Jake Angeli, uherutse kwigaragaza mu bashyigikiye Perezida Trump bagabye igitero kuwa Gatatu ushize ku nteko ishinga amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaze gutabwa muri yombi n’abandi bagenzi be babiri, Adam Johnson na Derrick Evans.

Minisiteri y’ubutabera muri iki gihugu ivuga ko aba bagabo bashinjwe ibyaha kuri uyu wa Gatandatu bagaragaye mu mashusho yakwirakwiye y’agatsiko kigabije inteko ishinga amategeko nyuma yo kubishishikarizwa na Perezida Trump.

5ff9ea7c2047b.image.jpg

Chansley usanzwe wiyita QAnon Shaman, yagaragaye mu mafoto yakwirakwiye yisize amarangi mu maso, yambaye ingofero y’ubwoya iriho amahembe ari mu nteko agenda yangiza ibintu, mugenzi we, Adam Johson akaba yaragaragaye ateruye ‘podium’ umukuru w’inteko, Nancy Pelosi, avugiraho ijambo.

_116409979_gettyimages-1294949346.jpg

Iyi nkuru dukesha BBC ivuga ko Donald Trump ashobora kweguzwa ubwa kabiri n’Inteko ishinga amategeko kubera uruhare yagize muri iki gikorwa cyatunguye Isi yose cyafashwe nko kugerageza guhirika inzego z’igihugu bikozwe n’umukuru w’igihugu.

5ff9ea3920a3a.image.jpg

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzacyaha, FBI, kiri gusaba abaturage ba Amerika kugira uruhare mu gutuma abantu bagize uruhare muri iki gikorwa cyaguyemo abantu batanu bafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

im-283152.jpg

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umucamanza mukuru wa Washington DC rigira riti “Chansley yamenyekanye ko ari we mugabo yamamaye cyane mu binyamakuru ko yinjiye mu ngoro ya Capitol yambaye amahembe, ingofero y’uruhu, yisize irangi ritukura, iryera n’irisa n’ubururu, agatuza kari hejuru nta shati yambaye, mw’ipantaro ya kaki”.

im-283155.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *