Beni: Habyukiye imyigaragambyo isaba iyirukanwa rya MONUSCO

Sangiza iyi nkuru

Mu Mujyi wa Beni uherereye mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Mbere, itariki 11 Mutarama 2021 habyukiye indi myigaragambyo yahagaritse ubuzima yateguwe n’imiryango nka Veranda Mutsaga na LUCHA isaba ko MONUSCO yava muri iki gihugu.

Aba barashinja MONUSCO kunanirwa gushyira mu bikorwa inshingano zayo zo kurinda abaturage muri iki gice. Indi mpamvu y’imyigaragambyo ariko nk’uko umwe mu bigaragambya yabitangaje ni ukwamagana kwishyura pulake za moto ibiciro byashyizwe ku madolari 25.

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa Interview.cd iravuga ko abigaragambya biganjemo urubyiruko bashinze za bariyeri mu mihanda hafi ya yose yo muri uyu mujyi bagahagarika urujya n’uruza.

Ibikorwa by’ubucuruzi bikaba byahungabanyijwe mu mujyi wa Beni rwagati guhera mu gitondo cya kare.

Avugana n’uru rubuga, ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru mu gipolisi, Katembo Murara Nasson yijeje ko abapolisi boherejwe kugirango basubize ibintu mu buryo.

Iyi nkuru ikaba yibutsa ko iyi myigaragambyo itunguranye yakozwe mu gihe abayobozi b’umujyi babujije imyigaragambyo yose y’abaturage kugeza igihe hazatangirwa andi mabwiriza mu rwego rwo gukumira ikwirakwizwa rya Covid-19.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *