Umuherwe wa mbere ku Isi, Elon Musk, yagize atya mu masaha 24 atakaza uyu mwanya ajya kuwa kabiri nyuma y’aho ubutunzi bwe bugabanyutseho miliyari 14 nta cyumweru yari amaze kuri uyu mwanya, ariko ahita yongera arazamuka byihuse asubira ku mwanya we.
Kuwa Mbere ushize, nibwo imigabane ya sosiyete ye, Tesla, ikora imodoka zikoresha amashanyarazi, imigabane yayo yari yagabanyutseho 8% bituma umutungo wa Elon Musk ugabanukaho miliyari 14 z’amadolari.
Kuri uyu wa Kabiri ushize ariko nk’uko bitangazwa na Forbes, Elon Musk yahise yongera gusubira ku mwanya wa mbere nyuma y’aho imigabane ya Tesla yongeye kuzamuka.
Imigabane ya Tesla kuri uyu wa Kabiri yazamutseho 4,7%, bizamura umutungo wa Musk ho miliyari 7,8 z’amadolari, zigera kuri miliyari 183,8 z’Amadolari, bituma yongera kuba umugabo wa mbere w’umuherwe ku Isi.

Musk akaba arusha 0,2% by’umutungo Jeff Bezos, umuyobozi wa Amazon, ubarirwa miliyari 182,4 z’Amadolari.
Kuwa Gatanu ushize nibwo Musk yari yaciye kuri Bezos wari ku mwanya wa mbere, ariko nyuma y’iminsi ibiri (Kuwa mbere) ajya ku mwanya kabiri ubwo imigabane ya Tesla yamanukagaho 8%.


