Urukiko rw’Ikirenga muri Koreya y’Epfo kuri uyu wa Kane rwakatiye uwahoze ari perezida w’iki gihugu, Park Geun-Hye imyaka 20 y’igifungo nyuma yo kumuhamya ibyaha bya ruswa byanatumye yirukanwa ku butegetsi mu 2017.
Iki cyemezo cy’urukiko kikaba gishyize akadomo ku rubanza rwari rumaze igihe rwakurikiye iyirukanwa ry’uwahoze ari umukuru w’igihugu wirukanwe n’imyigaragambyo ikaze y’abaturage.
Park Geun-hye, wari wanditse amateka yo kuba perezida wa mbere w’umugore uyoboye Koreya y’Epfo, mu 2018 yari yakatiwe imyaka 30 y’igifungo azira ruswa no gukoresha umwanya we nabi. Hakurikiyeho kujurira n’urubanza rushya rwarangiye igihano yari yahawe kigabanyijwe kigezwa ku myaka 20 y’igifungo nk’uko inkuru dukesha AFP ivuga.
Kuri uyu wa Kane, itariki 14 Mutarama 2021, nibwo dosiye ye yari yagaruwe mu Rukiko rw’Ikirenga rwemeza igifungo cy’imyaka 20.
Usibye iki gifungo kandi, madamu Geun-hye agomba no kwishyura amande ya miliyari 21,5 z’ama-Won akoreshwa muri Koreya (Miliyoni 16 z’Amayero).
Yakatiwe kandi imyaka ibiri y’igifungo azira kurenga ku mategeko agenga amatora. Ibi bihano bihujwe, uyu wahoze ari umuyobozi yazaba arengeje imyaka 80 aramutse afunzwe imyaka 22 yose yakatiwe.
Park Geun-hye yahamijwe kuba yarakiriye cyangwa yarasabye amamiliyoni menshi y’amadolari y’ibigo bikomeye byo muri Koreya y’Epfo nka Samsung Electronics, kuba yarasangije amakuru y’ibanga abantu batayemerewe, kuba yarashyize ku rutonde rw’umukara abahanzi banengaga politiki ye, no kuba yarirukanaga ku kazi abayobozi banengaga uko akoresha anabi ububasha bwe.



2 Responses
Umugore wa mbere wabaye Perezida wa Koreya y’Epfo yakatiwe imyaka 20 y’igifungo
Nshaka umugenzi twovyumva kunwe
Umugore wa mbere wabaye Perezida wa Koreya y’Epfo yakatiwe imyaka 20 y’igifungo
Nshaka umugenzi twovyumva kunwe