Perezida wa Sosiyete Sivile ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Ngoyi, yatanze ikirego mu rukiko arega, Kalev Mutond, wahoze ari Umukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutasi (ANR) ibyaha byo gushimuta n’iyicarubozo.
Ikirego cye yagitanze kuri uyu wa Kane, itariki 14 Mutarama 2021, mu Bushinjacyaha Bukuru bukorera ku Rukiko rw’Ubujurire rwa Kinshasa.
Uyu mugabo uvuga ko we ubwe adashobora kwibagirwa ibyo yakorewe mu maboko y’inzego z’ubutasi Mutond yari akuriye, avuga ko n’ubu akomeje kwivanga muri byinshi mu rwego rw’umutekano ashyira igitutu ku bakiri mu kazi kandi bitatuma ahabwa imbabazi kuko imbabazi zihabwa umuntu wemera ko yagize nabi kandi agasaba imbabazi.
Ati “Ariko ikigaragara, Bwana Kalev, ni umuntu winangiye, afite umutima ukomeye.”
Akomeza agira ati: “Ku rundi ruhande nyamara hari abahohotewe bahora bantera mu ntekerezo …hari abapfuye,..hari abari mu mva rusange, hari n’abagikomeje kumva ibikorwa bibi bya Kalev.”

Christophe Ngoyi, Perezida wa Sosiyete Sivile ya RDC
Nk’uko iyi nkuru dukesha 7SUR7.CD ikomeza ivuga, Ngoyi avuga ko yafashe icyemezo cyo kumurega kandi agahamagarira n’abandi yahohoteye kubigenza gutyo.
Ku ruhande rwe, ubwo uru rubuga rwamubazaga icyo avuga ku birego aregwa, Kalev Mutond yavuze ko ari uburenganzira bwa buri muturage kujyana mu rukiko uwo ashatse.
Iyi nkuru ikaba isoza yibutsa ko mu 2015 Christophe Ngoyi yigeze gutabwa muri yombi mu myigaragambyo yamaganaga itegeko rigenga amatora, akarekurwa muri Kanama 2016.
Ni mu gihe Kalev Mutond arega yakuwe ku buyobozi bwa ANR agasimbuzwa Inzun Kakiak muri Werurwe 2019.


