Rutahizamu w’Umunyarwanda Kipson Atuheire, yamaze gusinyira ikipe ya Wakiso Giants ibarizwa mu kiciro cya mbere muri Uganda.
Amakuru avuga ko Kipson yasinyiye iriya kipe ku wa mbere w’iki cyumweru, nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Gokulam Kerala yo mu Buhinde yari yagezemo muri Gashyantare uyu mwaka. Byari nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Nagaworld FC yo muri Cambodge yari amaze igihe akinira.
Wakiso Giants yasinyishije Atuheire wakiniye APR FC n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, mu gihe yugarijwe n’ikibazo cy’ibitego dore ko imaze imikino itanu yikurikiranya muri shampiyona inganya.
Wakiso ifite amanota atanu muri shampiyona no ku mwanya ubanziriza uwa nyuma muri shampiyona, gusa ikaba yizeye gufashwa cyane na Atuhaire ubwo shampiyona ya Uganda izaba yasubukuye ku wa 12 Gashyantare, nyuma gato y’umukino wa nyuma wa CHAN itegerejwe muri Cameroon.
Kipson Atuheire w’imyaka 29 y’amavuko, yakiniye amakipe yo muri Uganda nka URA na Villa Sports Club, mbere yo gukomereza mu makipe yo mu Rwanda nka Police FC, AS Kigali, APR FC na Musanze.
Uyu musore yananyuze mu makipe yo mu bihugu nka Cambodge na Malaysia, ndetse no mu kipe y’igihugu ‘Amavubi’ yakiniye imikino ine ntihagire igitego ayitsindira.


