Darfur: Abarenga 80 bapfiriye mu mirwano

Sangiza iyi nkuru

Abantu barenga 83 bo mu Ntara ya Darfur muri Sudani bapfiriye mu mirwano y’iminsi ibiri hagati y’ubwoko bwa Massalit butari abarabu na Nomad bw’abarabu, abarenga 160 barakomereka.

Nk’uko Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) yabitangaje, iyi mirwano yabereye mu Karere ka El Geneina gafatwa nk’umurwa mukuru wa leta ya Darfur y’Iburengerazuba.

Inama y’Abaganga muri Sudani, CCSD (Central Committee of Sudan Doctors) yemeje aya makuru, yagize iti: “Umubare w’ibikorwa byo kumena amaraso byabaye muri El Geneina, umurwa wa Darfur y’Uburengerazuba, wiyongereye kuva mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, ugera kuri 83, n’abandi 160 bakomeretse barimo abafite intwaro.”

Abagabweho ibitero kandi barimo n’abahunze ubwicanyi mu duce twabo, bakimukira mu tundi, nk’uko iyi Radiyo ikomeza ibivuga.

Iyi mirwano ibaye nyuma y’aho tariki ya 31 Ukuboza 2021 ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zari zimaze imyaka 13 muri Darfur (UNAMID), zasoje ubutumwa bwazo, ndetse zihabwa amezi atandatu yo kuba zitegura gusubira mu bihugu byazo.

Ni icyemezo Umuryango w’Abibumbye wafashe nyuma y’aho imitwe y’inyeshyamba iteza umutekano muke muri Darfur yari yashyize umukono ku masezerano y’amahoro, hamwe na Leta ya Sudani mu Kwakira 2020.

Gusa bamwe mu bavanwe mu byabo ntibishimiye icyemezo cy’uyu muryango. Byatumye bakora imyigaragambyo mu bice bitandukanye bya Darfur guhera ku cyicaro cya UNAMID muri Zelingei, basaba uyu muryango wakwisubiraho, kuko batizeye umutekano wabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *