Umunyapolitiki wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo washinze akaba anayoboye ishyaka rya ECIDé, Martin Fayulu kuri uyu wa 20 Mutarama 2021 aratangaza Guverinoma ye nk’Umukuru w’Igihugu, nyuma y’imyaka ibiri ishize atsinzwe amatora.
Amakuru aturuka muri iki gihugu, avuga ko Fayulu wiyita ‘Perezida watowe wa RDC’ amenyesha itangazamakuru abagize iyi Guverinoma saa sita z’amanywa.
Fayulu ni umwe mu bakandida batatu bahataniye umwanya w’Umukuru w’Igihugu cya RDC yabaye tariki ya 30 Ukuboza 2020, hamwe na Félix Tshisekedi wari uhagarariye ishyaka UPDS na Emmanuel Ramazani Shadary wari uhagarariye PPRD.
Nyuma yo kubarura amajwi mu buryo budakuka, tariki ya 10 Mutarama 2019 Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje ko Tshisekedi ari we watsinze agize amajwi 38.6%, atangira kuyobora igihugu tariki ya 25 Mutarama.
Fayulu yaje ku mwanya wa kabiri, agira amajwi 34.8%, naho Shadary agira amajwi 23.8%.
Kuva ubwo iyi Komisiyo yatangazaga ibyavuye mu ibarura ry’amajwi, Fayulu yakunze kumvikana avuga ko yibwe ndetse yigeze no gutegura imyigaragambyo, ntiyagira icyo itanga.
Ntiharamenyekana impamvu Fayulu agiye gushyiraho Guverinoma nyuma y’iki gihe cyose gishize Tshisekedi yicaye ku ntebe y’Umukuru w’Igihugu.


