Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, inkongi y’umuriro yatwitse icumbi ry’abakobwa mu Rwunge rw’amashuri rwa Mutura I mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu. Amakuru BWIZA ikesha RBA ni uko ibikoresho birimo ibitanda 178, matelas 40, amavalisi, imyambaro byahiye. Aya makuru avuga ko icyateye inkongi kitaramenyekana. Ni uburyamo bwararagamo abakobwa 227 gusa kugeza ubu ntawe biramenyekana ko yaba yahiriyemo. Bigaragara ko ariko hari ibikoresho nka matera zakuwemo ariko byinshi nk’amavarisi n’ibindi byahatikiriye.

Uburyamo bw’abakobwa bwahiye


