Igisirikare cya RDC cyafashe abaheruka kwivugana Col Vita Kitambala

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko cyataye muri yombi bamwe mu bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa rya Col Vita Kitambala, uheruka kwicirwa mu rukiko rwo muri Beni ho muri Kivu y’Amajyaruguru.

Uyu musirikare uri ku rwego rwa Ofisiye yishwe mu cyumweru gishize.

Amakuru y’ifatwa rya bariya bicanyi yemejejwe na Lt Antony Mualushayi, Umuvugizi w’ishami rishinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Beni.

Ati: “Nahoze nsoma ku mbuga nkoranyambaga abantu bavuga ko abaturage ba Lume ari bo bateye Colonel Vita Kitambala na Liso. Ndavuze nti oya, ntabwo ari byo, abaturage ntibashobora kwica ingabo zabo. Byakozwe n’agatsiko k’abantu bayobowe nabantu bazwi neza. Iri tsinda ryananiwe kumva akamaro k’ingabo zacu. Gahunda yaryo yihishe ni ugufata bugwate abantu ba Lume. Ndatangaza ko bamwe muri bo bamaze gutabwa muri yombi kandi bazacirwa urubanza n’inzego zibishinzwe.”

Yavuze ko umubano hagati y’abaturage n’ingabo ugenda neza mu nzego zimaze kuvugwa kandi umutekano ugenda urushaho kugenda neza.

Colonel Vita Kitambala hamwe n’ingabo za Liso bagabweho igitero n’abantu batazwi i Lume ku ya 16 Mutarama.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *