Umufaransa Didier Gomes da Rosa wahoze ari umutoza wa Rayon Sports, ni we ugirwa umutoza mukuru wa Simba Sports Club yo mu gihigu cya Tanzania.
Uyu mugabo watozaga ikipe ya Al Merrikh SC yo muri Sudani, yerekeje muri Tanzania nyuma yo gutandukana n’iriya kipe asheshe amasezerano.
Ubwo twakoraga iyi nkuru amakuru yagaga ko umutoza Gomes ari mu nzira yerekeza i Dar es Salaam aho agomba kugera mu masaha make ari imbere.
Didier Gomes da Rosa yatoje Rayon Sports kugeza muri 2014, atwarana na yo igikombe cya shampiyona cya shampiyona ya 2013.
Aje muri Simba mu gihe iyi kipe nta mutoza mukuru yari ifite, nyuma yo gutandukana n’Umubiligi Sven Vandenbroeck washeshe amasezerano akerekeza muri ASFAR Rabat yo muri Maroc.
Uyu Mufaransa aje muri Simba mu ahasanga akazi k’ingutu, karimo kuyifasha kwitwara neza mu mikino y’amatsinda ya CAF Champions league ndetse no muri shampiyona ya Tanzania ihanganyemo na Yanga.
Uretse umutoza mushya Simba itangaza mu masaha ari imbere, iyi kipe yanamaze kubona umutoza mushya w’abanyezamu uzajya akorana na Didier Gomes da Rosa.
Uyu ni umunya-BrĂ©sil Milton Nienov. Uyu mugabo yanyuze mu makipe atandukanye arimo Polokwane City, Lamontville Golden Arrows, Super Eagles FC na Free State Stars zo muri Afurika y’Epfo n’amakipe ya Vasco da Gama, Sport Club Recifie na Figueirense FC zo muri BrĂ©sil.


