Rwanda: Abantu bagera kuri 291 baburiwe irengero mu mwaka umwe

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri Busingye yavuze ko u Rwanda rwavuguruye inzego z’ubutabera no gukurikirana ibyaha bigatuma urugero rw’ibyaha, n’abantu baburirwaga irengero bigabanuka gusa abagera kuri 291 ntibaraboneka kuva mu 2019-2020.

Yabitangaje ubwo yari mu nama iri kuba kuva mu cyumweru gishize izwi nka ‘Universal Periodic Review’ (UPR), aho ibihugu bigize UN/ONU bivuga uko bihagaze, bikanakeburwa, mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Busingye yavuze ko hagati y’ukwezi kwa mbere 2019 n’ukwa cyenda 2020 izo nzego zabwiwe abantu 1,301 babuze, avuga ko muri bo 1,124 baje kuboneka, ariko ko 291 n’ubu bataraboneka.

Umwaka ushize, abantu batatu bafatanyaga politiki na Victoire Ingabire utavugarumwe n’ubutegetsi, baburiwe irengero, umwe yaje kuboneka yarishwe. Hari abandi bari kumwe na we mu ishyaka baburiwe irengero mu myaka yabanje.

Mu gihe gishize, Victoire Ingabire yabwiye BBC ko abo “bashimuswe kubera guhitamo kwabo kwa politiki.”

Johnston Busingye ejo kuwa mbere, yabwiye inama ya UPR ko impamvu nkuru zitera kubura irengero kw’abantu mu Rwanda ari: “Ukwimuka kutandikwa kw’abava mu byaro bajya mu mujyi, kwambuka imipaka binyuranyije n’amategeko ukamara igihe mu bindi bihugu, guhunga imyenda, ibibazo mu bashakanye, na bamwe mu bajya mu mitwe y’inyeshyamba mu bihugu bituranyi”.

Busingye yahakanye ko mu Rwanda “nta hantu hatazwi hafungirwa abantu hahari”, avuga ko ababivuga baba bafite impamvu za politiki.

Avuga kandi ko mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira bw’imfungwa, hubatswe gereza nshya ya Nyarugenge, “izindi 12 ziravugururwa ziranagurwa, hanubakwa kasho nshya icyenda za polisi izindi 64 ziravugururwa ziranagurwa.”

Minisitiri w’ubutabera mu Rwanda yavuze ko ugereranyije n’ibyo basabwe gukosora ubushize, igihugu cyateye intambwe mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Yavuze kandi ko abwiye abari muri UPR ko uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, n’itangazamakuru, uburenganzira bwo kwishyira hamwe, n’ubwo guhurira hamwe mu mahoro byubahirijwe kandi biteganywa mu itegekoshinga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *