Umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi (Bobi Wine), Barbie Itungo kuri uyu wa 1 Gashyantare 2021 yasanze abana be muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).
Nk’uko Chimp Reports dukesha aya makuru yabitangaje, Itungo yagaragaye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Entebbe mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala.
Iki gitangazamakuru kivuga ko uyu mugore wari wambaye umupira w’umukara yateze indege y’ikigo cya Qatar Airways, imugeza mu mujyi wa Doha muri Qatar, bikaba biteganyijwe ko ahava agahita yerekeza muri USA.
Tariki ya 6 Mutarama 2021 habura iminsi umunani ngo amatora y’Umukuru w’Igihugu abe, Bobi Wine yahungishirije abana be muri USA, bajyana n’umuvandimwe wa Itungo.
Icyo gihe uyu munyapolitiki yatangaje ko yari afite amakuru yizewe ko aba bana bashobora gishimutwa, hanyuma agategekwa guhagarika ibikorwa byo kwiyamamaza kugira ngo yongere ababone.
Bobi Wine yatangaje ko we na Itungo baguma muri Uganda, bagakomeza guhangana n’ubutegetsi bw’iki gihugu, abana bo bakazagaruka nyuma y’amatora yabaye tariki ya 14 Mutarama.
Amatora yarabaye, Komisiyo y’Igihugu iyashinzwe itangaza ko Perezida Museveni ari we wayatsinze ku majwi 58.64%. Kugeza ubu, Bobi Wine wagize amajwi 34.8% yemeza ko yibwe, ndetse yagiye kurega mu rukiko kugira ngo aya matora aseswe.
Mu mpera z’icyumweru gishize, Bobi Wine yatangaje ubu afite gahunda yo gukura Perezida Museveni mu kwezi kumwe, gusa ntiyigeze asobanura uburyo azabikoramo.


