jolly.jpg

Abahanga ba Afurika mu nsengero, aho gushakisha urukingo rwa Covid-19?

Sangiza iyi nkuru

Nyampinga w’u Rwanda wegukanye ikamba mu 2016, Mutesi Jolly yibajije ku bahanga b’abashakashatsi bo ku mugabane wa Afurika avuga ko birirwa mu masengesho, aho gushakisha urukingo rwa Covid-19.

Mu butumwa Miss Jolly yashyize ku rubuga rwa Twitter, avuga ko bibabaje kuba aba bahanga bakomeje kwibera mu nzu z’amasengesho, bakajya muri Guma mu Rugo, bakurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 nko gukaraba intoki, ati: “Bategereje mu Burengerezuba ko bakora urukingo rwa Covid-19.”

jolly.jpg Miss Jolly yibaza ku bahanga bo muri Afurika

Miss Jolly aribaza niba muri Afurika harabuze za Laboratwari, abashakashatsi bashoboye cyangwa se ubushake buke bwa politiki.

Ni ikibazo Miss Jolly ahuriyeho n’abandi benshi nk’uko bikunze kugaragara mu bitekerezo by’abakoresha imbuga nkoranyambaga, bavuga ko baharanira ukwigira k’uyu mugabane gusa aha hakaba hari ingero zishobora gutanga igisubizo mu buryo bwihuse kandi bwumvikana.

Madagascar yakoze umuti n’urukingo bya Covid-19

Igihugu cyo muri Afurika, Madagascar ni cyo gihugu cya mbere cyatangaje ko cyabonye umuti wa Covid-Organics ukaba n’urukingo rwa Covid-19, gitangaza ko igeregeza cyakoze ryerekana ko Wabasha guhangana n’iki cyorezo.

Uyu muti watunganyijwe mu kimera gakondo cyitwa ‘Artemisia’ wamuritswe na Perezida w’iki gihugu, Andry Rajoelina muri Mata 2020, iki cyorezo kimaze amezi agera kuri atanu kigaragaye ku Isi.

rajoeline.jpg Perezida Rajoelina yamurikaga Covid-Organics

Icyo gihe, ibihugu bitandukanye byo muri Afurika nka: Senegal, Tanzania, RDC, Guinée Equatorial, Ibirwa bya Comores n’ibindi, byafashe Covid-Organics, ariko nyuma biza kugaragara ko ntacyo uyu muti ufasha mu kurwanya iki cyorezo.

RDC yakoze umuti wa Covid-19

Mu ntangiriro za Mutarama 2021, umuhanga mu by’imiti wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Flaubert Batangu na we yatangaje ko yakoze umuti wa Covid-19 witwa Manacovid.

Batangu yavuze ko uyu muti wageregerejwe ku barwayi 300 ba Covid-19 bari ku masite atatu, nyuma yo kuwunywa bose ntibongera kugaragaraho iki cyorezo.

manacovid.jpgBatangu yizera ko Manacovid yavura Covid-19

Guverinoma ya RDC ibinyujije kuri Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Eteni Longondo, yijeje gufasha Batangu akabona inyunganizi kuri ubu bushakashatsi bwe, uyu muti wakwemerwa, ukaba wahabwa abarwayi b’iki cyorezo bose.

Uganda nayo yakoze umuti wa Covid-19

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni tariki ya 27 Mutarama 2021, yamuritse umuti wa Covid-19 witwa UBV-01N yavuze ko wakozwe n’abashakashatsi bo muri iki gihugu ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, Kaminuza ya Makerere, ibitaro bikuru bya Mulago n’abandi…

mus-2.jpgMuseveni yamurikaga umuti wa UBV-01N

Icyo gihe ni nabwo uyu muti watangiye kugeragerezwa ku barwayi 128 ba Covid-19 mu barwariye mu bitaro bya Mulago. Kugeza ubu ntabwo ibyavuye muri iri geregeza birashyira ahagaragara.

Abahanga bo muri Afurika bisa n’aho batizerwa

Ubwo Madagascar yari imaze kumurika Covid-Organics, Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) watangaje ko gukoresha uyu muti biteye impungenge kuko utarakorerwa isuzuma, ngo wemezwe n’uyu muryango.

Byaje kugaragara ko impungenge za OMS zari zifite ishingiro, kuko uyu muti ntacyo wamariye ibihugu byawukoresheje, kuko abandura Covid-19 n’abo yica bakomeje kwiyongera.

Nta cyamenyekanya uyu muryango uravuga ku miti ya Manacovid na UBV-01N, gusa ikigaragara ni uko itazabona ‘isoko’, kuko ntihabwa agaciro.

Ubu ibihugu bitandukanye ku Isi harimo n’ibyo muri Afurika birimo birashaka inkingo zirimo PfizerBioNTech, Moderna zamaze kwemezwa n’ikigo gishinzwe kugenzura imiti muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Astra Zeneca rwakorewe mu Buhinde.

astra.pngIzi ni inkingo za Astra Zeneca zageze ku kibuga cy’indege muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa 1 Gashyantare 2021

Izindi nkingo zirimo gukenerwa cyane n’ibihugu byinshi zirimo Sputnik V rwakorewe mu Burusiya, uru rukaba ruri kugezwa ku bihugu bifitanye umubano mwiza n’iki gihugu; n’urundi rwitwa Sinovac rwakorewe mu Bushinwa, ruri koherezwa mu bihugu bibanye neza n’iki gihugu.

Bigaragara ko abashakashatsi bo muri Afurika batabuze ubushake bwo gukora izi nkingo n’imiti bya Covid-19 kuko ingero zibyerekana, ahubwo ikibazo cyaba kiriho ni uko politiki bakoreramo itabashyigikira bitewe n’uko itabafitiye icyizere; ubu ikaba ihanze amaso gusa abo mu bihugu bikize.

Ikindi ni uko nta gushyigikirana hagati y’ibihugu bya Afurika nk’ukuriho hagati y’ibihugu bikize.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Abahanga ba Afurika mu nsengero, aho gushakisha urukingo rwa Covid-19?
    Ahubwo se nibura izo nsengero bazijyamo ko ahenshi bazidadiye? murababeshyera.

  2. Abahanga ba Afurika mu nsengero, aho gushakisha urukingo rwa Covid-19?
    Ahubwo se nibura izo nsengero bazijyamo ko ahenshi bazidadiye? murababeshyera.

  3. Abahanga ba Afurika mu nsengero, aho gushakisha urukingo rwa Covid-19?
    Afurika yacu mbona idateze kuryoha rwose!
    Natwe ubwacu ntitwiyizera none ngo isi niyo iza kutwizera!
    Nyamaze abantu bahora bajya kwiga ngo hanze iyo ngiyo,bakavayo ngo ari ibitangaza!
    Niyo babaye abayobozi b’ibigo bimwe mubihugu byabo bavukamo,bafata iyambere babyangisha abana babo,bakabereka ko iby’iyo hakurya imahanga aribyo byiza!

    None se mutekereza ko abo banyamahanga batazi gukora isesengura?

    Wowe se wabona uvuga ko afite ubushobozi,nyamara umwana we ntayoboke ibyo avuga akora,akavuga ko afite ubuvuzi,nyamara yarwara ntiyizere ubuvuzi avuga afite,akajya gushakira hirya iyo,ubwo mukumva ko ibyo bihugu byakwizera iby’abanyafurika bite?

    Igitangaje,abantu bahora munama ngo zo kwishyira hamwe,bakavuga ib’ubutwari,ngo bakarwanya ubukoroni,ariko nayobewe niba ibisobanuro biha kuri buri ngingo baba babisobanukiwe neza?

    Ikibabaje ni n’uko andi mahanga ibyo akoramo inkingo n’imiti,tubifite kubwinshi!
    Nitwe tubibahereza bakabitunganya bakabona kubituzanira!

    Niba tutari twamenya neza kwiha agaciro,ntidutegereze ko hari uzakaduha!

    Ijambo’Kwihesha agaciro’ ikwiriye guhinduka bikaba’Kwiha agaciro’ tukita kandi tugashyigikira ibikorwa abyo mubihugu byacu;uburezi,ubuvuzi,ubushakashatsi,n’ibindi..

    Niba dukeneye abanyamahanga babitwigisha,burya dufite no kubazana iwacu bakabitwigisha,bagashinga inganda iwacu,tukabakoresha,tukabayobora uko tubishaka,kandi babikorera iwacu. Dufite na gihamya ko bakeneye imitungo iri iwacu ariko dusa n’abashaka kuyibaterera ngo bijyanire gusa!

    Naho igihe abayobozi b’ibihugu bya Afurika nabo ubwabo baba batizera ibikorerwa iwabo,sinzi niba hari uwo hanze wabyizera!

  4. Abahanga ba Afurika mu nsengero, aho gushakisha urukingo rwa Covid-19?
    Afurika yacu mbona idateze kuryoha rwose!
    Natwe ubwacu ntitwiyizera none ngo isi niyo iza kutwizera!
    Nyamaze abantu bahora bajya kwiga ngo hanze iyo ngiyo,bakavayo ngo ari ibitangaza!
    Niyo babaye abayobozi b’ibigo bimwe mubihugu byabo bavukamo,bafata iyambere babyangisha abana babo,bakabereka ko iby’iyo hakurya imahanga aribyo byiza!

    None se mutekereza ko abo banyamahanga batazi gukora isesengura?

    Wowe se wabona uvuga ko afite ubushobozi,nyamara umwana we ntayoboke ibyo avuga akora,akavuga ko afite ubuvuzi,nyamara yarwara ntiyizere ubuvuzi avuga afite,akajya gushakira hirya iyo,ubwo mukumva ko ibyo bihugu byakwizera iby’abanyafurika bite?

    Igitangaje,abantu bahora munama ngo zo kwishyira hamwe,bakavuga ib’ubutwari,ngo bakarwanya ubukoroni,ariko nayobewe niba ibisobanuro biha kuri buri ngingo baba babisobanukiwe neza?

    Ikibabaje ni n’uko andi mahanga ibyo akoramo inkingo n’imiti,tubifite kubwinshi!
    Nitwe tubibahereza bakabitunganya bakabona kubituzanira!

    Niba tutari twamenya neza kwiha agaciro,ntidutegereze ko hari uzakaduha!

    Ijambo’Kwihesha agaciro’ ikwiriye guhinduka bikaba’Kwiha agaciro’ tukita kandi tugashyigikira ibikorwa abyo mubihugu byacu;uburezi,ubuvuzi,ubushakashatsi,n’ibindi..

    Niba dukeneye abanyamahanga babitwigisha,burya dufite no kubazana iwacu bakabitwigisha,bagashinga inganda iwacu,tukabakoresha,tukabayobora uko tubishaka,kandi babikorera iwacu. Dufite na gihamya ko bakeneye imitungo iri iwacu ariko dusa n’abashaka kuyibaterera ngo bijyanire gusa!

    Naho igihe abayobozi b’ibihugu bya Afurika nabo ubwabo baba batizera ibikorerwa iwabo,sinzi niba hari uwo hanze wabyizera!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *