Ubushinjacyaha Bukuru bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bwatangiye gukurikirana Perezida Senat, Alexis Thambwe Mwamba, ukekwaho kunyereza umutungo w’igihugu.
Ifungurwa ry’iyi dosiye ryasobanuwe kuri uyu wa Kabiri havugwa ko ku itariki ya 06 Mutarama 2021, Thambwe yasohoye mu izina rya Senat sheki 3, imwe ya miliyoni 2 z’Amayero, indi ya miliyoni y’Amadolari n’indi ya miliyoni 1 y’amafaranga ya Congo nk’uko byasobanuwe n’Umushinjacyaha Mukuru.
Jeune Afrique ivuga ko umucungamutungo wa Senat amaze kubikuza aya mafaranga muri Banki y’Ubucuruzi ya Congo, yayashyikirije umujyanama mu by’imari w’ushinzwe imari ya Senat.
Umushinjacyaha Mukuru, Victor Mumba Mukomo, yabitangaje ubwo yasabaga Senat gutanga uburenganzira bwo gukurikirana Alexis Tambwe Mwamba uyikuriye, ku cyaha cyo kunyereza umutungo wa rubanda.
Muri ubu busabe umushinjacyaha mukuru yasabye ko Perezida wa Senat atanga uburyo azireguramo.
Bwana Thambwe wegereye cyane Joseph Kabila, wahoze ayoboye igihugu, yabaye Perezida wa Senat muri Kamena 2020.
Hagati aho, abasenateri ba Congo basaga 10 batangije n’igikorwa cyo kwirukanisha bamwe mu bagize senat bashinja imicungire mibi y’umutungo w’uru rwego rukuru rw’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo-Kinshasa.
Senat ya Congo ikaba igizwe n’abasenateri 109 barimo na Joseph Kabila, wemerewe kuba umusenateri ubuzima bwe bwose kuko yabaye perezida.
Kubera umwanya afite nka Perezida wa Senat ariko, n’ubudahangarwa yemererwa n’amategeko, biragoye ko Senat ishobora gutanga uburenganzira bwo gukurikirana Thambwe kuko atari n’ubwa mbere yaba ibiteye utwatsi nk’igihe yaregwaga n’umusenateri mugenzi we, Bijoux Goya, baje gusabana imbabazi bakiyunga.


