Zinedine Zidane yandagaje abanyamakuru bamubajije niba azava muri Real Madrid

Sangiza iyi nkuru

Umufaransa Zinedine Zidane utoza Real Madrid yo muri Espagne, yatuye umujinya abanyamakuru bamubajije niba azava muri iriya kipe, abasaba kubaha akazi ke.

Hari mu kuganiro uyu mutoza yahaye itangazamakuru, kibanziriza umukino wa shampiyona ya Espagne Madrid izakina na Huesca ejo ku wa Gatandatu.

Real Madrid izakina na Huesca mu gihe imaze iminsi yitwara nabi. Iyi kipe iheruka gutsindwa na Levante ibitego 2-1, byatumye irushwa amanota 10 na Atletico Madrid ya mbere kandi inafite umukino w’ikirarane.

Zidane ubwo yabazwaga niba azarwana ku kazi ke yagize ati: “Ariko muri bazima? Buri munsi muvuga ko nirukanwa, kandi murabizi.”

Yakomeje agira ati: “Umwaka ushize twatwaye shampiyona. Twarabikoze. Real Madrid…umwaka utaha hari ibyo bazakora, bishoboka ko ari impinduka. Ariko uyu mwaka dufite uburenganzira bwo kurwana, mureke turwane.”

“Umwaka ushize twatwaye shampiyona, si imyaka 10 ishize. Mutwubahire ibyo. Mwe [abanyamakuru] muvuga ibintu byinshi. Gusa mugomba kwita ku nshingano zanyu.”

Zidane yasabye abanyamakuru ko niba bifuza ko yagenda, bagenda bakabimubwira barebana mu maso. Ati: “Mugomba kubivuga, ariko mutari inyuma y’umugongo wanjye.”

Uyu mutoza umaze iminsi ari mu kato kubera icyorezo cya COVID-19, yavuze ko hari ingaruka cyagize ku musaruro wa Real Madrid, gusa akaba adakwiye kuwubazwa buri munsi.

Ati: “Ngaho umunsi umwe ndirukanwe, undi ndagarutse, ubundi twanganya cyangwa tugatsindwa nkirukanwa. Buri gihe iyo twakinnye nabi ndabibazwa. Sinkwiye gufatwa uko. Birambabaje kuko nari imaze ibyumweru mfungiranye mu kato, ndeba uko nasohoka nkerekana ko nzarwana kugeza ku munsi wa nyuma.”

Zinedine Zidane yemeye ko mu mpeshyi ashobora kuzatakaza akazi, mu gihe Real Madrid yananirwa kwitwara neza muri shampiyona igatwara Atletico Madrid igikombe, cyangwa mu mikino ya UEFA Champions league.

Muri iyi mikino Real Madrid izahura na Atalanta yo mu Butaliyani, ku wa 16 no ku wa 24 Gashyantare.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *