Ku nshuro ya mbere kuva yatangira imirimo ye nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden yaganiriye na mugenzi we w’u Bushinwa, Xi Jinping, kuri telephone baganira ku ngingo zitandukanye, zirimo ubucuruzi, n’ikibazo cy’uburenganzira bwa muntu.
Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya perezida Biden, abakuru b’ibihugu byombi banagarutse ku bushyamirane hagati y’u Bushinwa na Taiwan ndetse no guhiga abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Hong Kong.
Aba bayobozi bombi bavuganye mu gihe ibihugu byabo bimaze iminsi bitarebana neza kubera ibibazo bishingiye ku bucuruzi, ubbutasi n’icyorezo cya Covid-19. Perezida Xi Jinpng akaba yaburiye mugenzi we avuga ko imibanire mibi yaba akaga ku bihugu byombi nk’uko byatangajwe na Televiziyo ya Leta y’u Bushinwa.
Ubutegetsi bwa Beijing buhamagarira ubutegetsi bushya bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuvugurura iyo mibanire yangiritse cyane ku butegetsi bwa Donald Trump.
Nyuma y’iki kiganiro, Biden yanditse kuri Twitter ati: “Namubwiye ko nzakorana n’Ubushinwa mu gihe byungura abaturage ba Amerika.”
Mu itangazo, ryashyizwe ahagaragara na White House, Perezida Biden “yashimangiye impungenge ze z’ibanze ku bikorwa bidakwiriye bya Beijing mu bucuruzi , kubangamira abantu muri Hong Kong, guhonyanga uburenganzira bwa muntu i Xinjiang, n’ibikorwa by’ubushotoranyi mu karere, nko kuri Taiwan”.
Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru riravuga ko imiryango iharanira uburenganzira ishinja u Bushinwa gufungira abarenga miliyoni b’aba Uighurs mu cyo leta yita “inkambi zo kugorora” mu ntara ya Xinjiang.
Hari ibihamya ko aba-Uighurs – biganjemo abayisilamu, bari gukoreshwa imirimo y’agahato n’abagore bakagirwa ingumba ku ngufu, ariko ibi u Bushinwa burabihakana.
Aba bategetsi bombi banaganiriye ku kurwanya icyorezo cya Covid-19, imihindagurikire y’ikirere no kurwanya intwaro z’ubumara.


