Abanywa urumogi bararira ayo kwarika

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu banywa urumogi mu gihugu cya Jamaica baratabaza ngo ako gatabi karabuze bwa mbere mu mateka y’igihugu.

Abarunywa babwiye ibinyamakuru birimo The Guardian, The Sun, ABC ko rwabye iyanga ku isoko bitewe n’uko ruteze neza, abarukeneye bo bakaba ari uruhuri.

Indi mpamvu itungwa agatoki ni ukuba abaruhinga baragabanutse ndetse n’ubukangurambaga bwo kururwanya bukaba bukomeje gufata indi ntera muri icyo gihugu.

Umwe mu barutunganya, Triston Thompson ati ” Ni ubwa mbere mu mateka yacu urumogi rubaye ruke kandi birababaje.”

Aba ariko ngo barakomwa mu nkokora nanone n’abandi banyamahanga barugura ku muhanda, bigatuma igiciro cyarwo kizamuka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *