img_20210217_134041.jpg

Uganda: Abanyamakuru bagizwe intere n’abasirikare bazira Bobi Wine (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Uganda, bahondaguwe n’abasirikare (Military Police) bazira kujya gutara inkuru aho Bobi Wine yagiye.

Amafoto yafashwe na bimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda agaragaza bamwe mu banyamakuru bava amaraso, nyuma yo guhondagurwa n’abasirikare.

Abakubiswe barimo Josephine Namakumbi wa Televiziyo ya NBS, Timothy Murungi na Henry Ssekanjako b’ikinyamakuru The New Vision cya Leta, Cliff Wamala wa NTV na Irene Abalo Otto wa Daily Monitor.

Thomas Kitimbo wa NBS na Shamim Nabakooza wa Record TV na bo bari mu bakubiswe.

NTV ivuga ko umunyamakuru wayo Cliff Wamala yakomeretse cyane mu mutwe akajyanwa mu bitaro, mu gihe Daily Monitor ivuga ko Irene Abalo wayo yavunitse akaguru.

Aba banyamakuru bakubiswe n’abashinzwe umutekano, mu gihe bari ku biro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu (UNHRC).

Bari bagiye kuhatara inkuru y’ikirego Bobi Wine yahatanze cyo kuba inzego zishinzwe umutekano za Uganda zarateye ibiro by’ishyaka rye rya National Unity Platform (NUP) zigatwara bimwe mu bikoresho bya ririya shyaka.

Ntacyo inzego z’umutekano za Uganda ziratangaza ku byafashwe nk’urugomo rwakorewe bariya banyamakuru, gusa Polisi yaherukaga gusaba Bobi Wine ko najya gutanga ikirego cye agomba guherekezwa n’abantu batarenze batatu, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.

Cyakora cyo si bwo bwa mbere inzego zishinzwe umutekano muri Uganda zihohotera abanyamakuru, kuko nko mu gihe cy’ibikorwa byo kwiyamamaza abanyamakuru bakubitwaga bazira kujya gutara inkuru mu bice abakandida batavuga rumwe na Leta babaga bagiye kwiyamamazamo.

Kurikira ibiganiro n’ama Video binyura kuri Bwiza TV

Daily Monitor ivuga ko kuva ku wa 01 Ukuboza 2020 abanyamakuru 16 ari bo bamaze guhohoterwa.

img_20210217_134041.jpg

img_20210217_131417.jpg

img_20210217_131413.jpg

img_20210217_143026.jpg

img_20210217_143058.jpg

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Uganda: Abanyamakuru bagizwe intere n’abasirikare bazira Bobi Wine (Amafoto)
    bakoze akazi kabo neza cyane!niba yagombaga guherekezwa nabantu batatu gusa nkuko babisabwe kuki babirenzeho?ibyo ni ukwigomeka

  2. Uganda: Abanyamakuru bagizwe intere n’abasirikare bazira Bobi Wine (Amafoto)
    bakoze akazi kabo neza cyane!niba yagombaga guherekezwa nabantu batatu gusa nkuko babisabwe kuki babirenzeho?ibyo ni ukwigomeka

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *