np_file_37057.jpg

Japan: Abagore mbarwa bemerewe kwitabira inama z’ishyaka riri ku butegetsi ariko ntibavuge, bakareba gusa

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka riri ku butegetsi mu Buyapani (Liberal Democratic Party) ryemereye abagore batanu gusa kwitabira inama zaryo ariko ko batagomba kugira icyo bavuga, ko ahubwo bagomba kureba uko abagabo bakora.

Ubusanzwe nta mugore wahingukaga mu nama z’iri shyaka gusa ngo kwemerera nibura batanu birahagije nk’ikimenyetso cy’impinduka.

Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka, Liberal Democratic Party, Toshihiro Nikai, w’imyaka 82 yavuze ko ibi nibura ari uguha abagore baba muri iri shyaka amahirwe ” yo kureba.” uko hafatwa ibyemezo nk’uko Reuters, Washington Post, Al Jazeera n’ibindi bitangazamakuru byatangaje.

Nikai ntiyavuze niba hari abagore babajijwe kuri iki cyemezo ariko we yavuze ko aba bagore bazajya batanga ibitekerezo byabo igihe inama yarangiye.

Abarwanya ubutegetsi na bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga banenze iki cyemezo, bavuga ko atari umuti w’ikibazo.

Nikai aravuga ibi mu gihe uwitwa Yoshiro Mori wari uyoboye komite itegura imikino ya Olempike yeguye nyuma yo kuvuga ko abagore ” bagira amagambo menshi.”

Ubuyapani buri mu bihugu by’imbere biheza abagore. Buri ku mwanya wa 121 mu bihugu 153 mu kubaheza.

np_file_37057.jpg

Yoshiro Mori uvuga ko ishyaka rye ryahaye abagore amahirwe/ Internet

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *