UEFA CL: Byasabye iminota 86 ngo Real Madrid itsinde Atalanta y’abakinnyi 10

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Real Madrid yaraye itegereje iminota 86 yose, kugira ngo ibashe gukura intsinzi y’igitego 1-0 kuri Atalanta bari bahuriye muri UEFA Champions league.

Wari umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza Madrid yari yasuyemo Atalanta mu Butaliyani.

Igitego cyo ku munota wa 86 w’umukino cya myugariro w’Umufaransa, Ferland Mendy ni cyo cyafashije iyi kipe y’umutoza Zinedine Zidane kuvana impamba mu Butaliyani.

Real Madrid yihariye umukino, gusa ibura amahirwe yo kubyaza umusaruro uburyo butandukanye yari yagiye ibona biciye kuri Viniscius Junior ka Casemiro.

Iyi kipe yaburaga abakinnyi benshi b’inkingi za mwamba barangajwe imbere na Kapiteni wayo Sergio Ramos ndetse n’Umufaransa Karim Benzema.

Cyakora cyo akazi ka Real Madrid katangiye koroha nyuma y’umunota wa 17 w’umukino, ubwo Remo Freuler yerekwaga ikarita itukura.

Umutoza Zinedine Zidane yashimangiye ko Real Madrid iri mu murongo mwiza, n’ubwo ikibura abenshi mu bakinnyi bayo.

Zidane kandi yishimiye urwego abakinnyi be bariho ku bijyanye n’imbaraga, ashimangira ko igitego ikipe ye yatsindiye i Belgame ari ingirakamaro.

Gian Piero Gasperini utoza Atalanta ku rundi ruhande, we yavuze ko ikibaraje ishinga ari ukujya gutsindira Real Madrid muri Espagne.

Ati: “Tugomba kujya gutsindira i Madrid. Biroroshye_Ntitugomba gutekereza byinshi, dudite inzira imwe gusa ishoboka. Tugomba kuzatsinda.”

Biteganyijwe ko amakipe yombi azahurira mu mukino wo kwishyura Tariki ya 16 Werurwe, i Madrid muri Espagne.

Mu wundi mukino wabaye, Manchester City yagiye gutsindira mu Budage Borussia Monchenglabach ibitego 2-0 bya Gabriel Jesus na Bernardo Silva.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *