Inyoni ifite imiterere y’igitsina ya kigabo igice kimwe, ikindi kiba ikigabo yabonetse muri Leta ya Pennsylvania muri Amerika. Ubusanzwe inyoni zo mu bwoko bwa Cardinals z’ingabo ziba zitukura mu gihe ingore ziba zijya gusa n’igitaka. Iyi nyoni yabonetse yo ivanzemo umutuku n’umweru n’ibara ry’igitaka, ibintu abahanga mu by’inyoni bituma bavuga ko iyi ari inyabibiri. Impuguke mu by’inyoni, Jammie Hill avuga ko iyo nyoni yabonywe n’incuti ye, nyuma ikajya kuyimwereka. Yabwiye BBC ko iyi nyoni idakunze kuboneka mu buzima. Ati ” Ni rimwe mu buzima, imwe muri miliyoni.” Avuga ko iyi nyoni yagaragaye ahitwa Warren. Ngo akiyibona yaketse ko ishobora kuba yaragize ibibazo bya Melanine gusa ngo yaje kwitegereza asanga ni inyabibiri. Prof. Brian Peer wigisha muri Kaminuza ya Illinois avuga ko bidasanzwe kubona inyoni ifite ibitsina byombi. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Jammie Hill





