Loni yifuje ko muri Repubulika ya Centrafrique hakoherezwa abandi basirikare 2,750 n’abapolisi 940, mu rwego rwo gutera ingabo mu bitugu abahasanzwe bari mu butumwa bwayo bwo kugarura amahoro (Minusca).
Ni ibikubiye muri Raporo y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yagejejwe ku kanama k’umutekano k’uriya muryango.
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu biro by’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Jean-Pierre LaCroix, yashimye akazi gakomeye gakomeje gukorwa na Minusca mu guha umutekano abaturage ba Centrafrique n’ibihumbi by’abavuye mu byabo, gusa agaragaza ko hagikenewe byinshi kugira ngo ibintu busubire mu buryo.
Uyu muyobozi yabwiye kariya kanama ko umutekano mubi uri muri Centrafrique wafunze inzira yacagamo amakamyo abarirwa mu bihumbi yabaga azanye muri Centrafrique imiti, ibiribwa ndetse n’ibikoresho byo kwa muganga byo guhangana na COVID-19.
LaCroix yavuze ko ubushyamirane bukomeje muri Centrafrique bwatumye abantu benshi bava mu byabo, bongera gukenera ubufasha bw’ikiremwamuntu kandi butuma abaturage bongera guhungira mu bihugu bituranye na Centrafrique.
Yakomeje avuga ko “Centrafrique ubu ni ahantu hateye akaga gakomeye mu bikorwa by’ubutabazi”, yungamo ko iki gihugu kihariye 46% k’ibikorwa by’umutekano muke byabaye ku Isi muri Mutarama 2021.
Lacroix yabwiye iriya nama ko Minusca iri gukora ibishoboka byose mu gukemura ibibazo biri muri Centrafrique no kurinda abaturage bayo, gusa avuga ko hakenewe abandi basirikare n’abapolisi bo gutera ingabo mu bitugu abasanzwe muri kiriya gihugu.
Ati: “Hakenewe abasirikare barenga 2,750 n’abapolisi 940 bo gushimangira ubushobozi bwa MINUSCA bwo gushyira mu bikorwa inshingano zayo ishyize imbere… ari zo kurinda abaturage, gushyiraho uburyo bwo gutera imbere mu nzira ya politiki, no koroshya itangwa ry’ubutabazi mu mutekano”.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


