Haramenyekana niba Rusesabagina akomeza kuburanira mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Urubanza ‘mu mizi’ rwa Paul Rusesabagina n’abandi 20 bareganwa ibyaha by’iterabwoba byitezwe ko rurakomeza guhera saa mbiri n’igice z’igitondo cy’uyu wa 26 Gashyantare 2021.

Nk’uko byagenze tariki ya 17 Gashyantare 2021, ruraburanishwa n’Urukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, gusa rubere mu cyumba cy’Urukiko rw’Ikirenga.

Ubwo urubanza rwatangiraga kuburanishwa mu mizi tariki ya 17, Rusesabagina yatanze imbogamizi y’uko inkiko zo mu Rwanda zidafite ububasha (incompetent) bwo kumuburanisha, kuko ngo atari “Umunyarwanda” ahubwo ari “Umubiligi”.

Kuri uyu wa 26, byitezwe ko Inteko y’Abacamanza itanga umwanzuro kuri iyi mbogamizi, ari nawo ushingirwaho mu kumenya niba uru rukiko rwo mu Rwanda ruzakomeza kumuburanisha.

Paul Rusesabagina akurikiranweho ibyaha 9, birimo ibyakozwe n’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FLN ushamikiye ku mpuzamashyaka ya MRCD-Ubumwe yari abereye umuyobozi.

Ibi byaha byakorewe mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe mu 2018, hatakara ubuzima bw’abaturage, bamwe barakomereka, abandi barasahurwa.

Arifuza kuburanishirizwa mu Bubiligi nk’igihugu cyamuhaye ubwenegihugu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *