Cassa Mbungo André akomeje kwigarurira shampiyona ya Kenya

Sangiza iyi nkuru

Umunyarwanda Cassa Mbungo Andre utoza ikipe ya Bandari FC, yongeye kwegukana igihembo cy’umutoza mwiza w’icyumweru muri shampiyona ya Kenya ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Muri Mutarama uyu mwaka ni bwo Cassa yagizwe umutoza mukuru w’iriya kipe ibarizwa i Mombasa, nyuma yo gutandukana na Gasogi United ya hano mu Rwanda.

Ni ku ncuro ya kabiri uyu mugabo yari agiye gutoza muri Kenya, nyuma y’uko mu mwaka washize yatozaga AFC Leopards y’i Nairobi.

Mu cyumweru gishize ni bwo Cassa yari yegukanye Igihembo cy’umutoza w’icyumweru.

Byari nyuma yo kwitwara neza mu mikino irindwi yari amaze gutoza iriya kipe, nyuma yo gutsindamo ine, akanganya ibiri ndetse akanatakazamo umukino umwe.

Bandari FC kuri uyu wa Gatanu ibinyujije kuri Twitter yayo, yemeje ko Cassa yongeye kwegukana kiriya gihembo inamushimira kubera uko akomeje kwitwara.

Cassa yegukanye kiriya gihembo nyuma yo guhigika abarimo Umubiligi Patrick Aussems (wahoze atoza Simba Sports Club) utoza AFC Leopards na Robert Matano wa Tusker FC.

Mu gihe shampiyona ya Kenya igeze ku munsi wa 13 wayo, Bandari FC ya Cassa iri ku mwanya wa kane n’amanota 22 inganya na AFC Leopards ya gatatu ifite ibirarane bibiri.

Tusker FC y’umuzamu Mvuyekure Emery ni yo iyoboye shampiyona ya Kenya n’amanota 33, igakurikirwa na KCB ifite 26 n’umukino umwe w’ikirarane.

Gor Mahia ikunzwe kurusha andi makipe muri iriya shampiyona yo iri ku mwanya wa 9 by’agateganyo n’amanota 16, gusa ikaba ifite ibirarane bine itakinnye kubera imikino nyafurika yarimo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *